Xavi Simons yatangaje ko nta yindi kipe ashaka kujyamo uretse Chelsea nubwo hari amakuru avuga ko uyu mukinnyi ashakwa n’andi makipe yo mu Bwongereza no mu Budage.
Umukinnyi ukinira ikipe ya RB Lepzig, Xavi Simons yabwiye amakipe yose ko ntayindi kipe yifuza kujyamo uretse Chelsea.
Ibi bibaye nyuma y’igihe kinini hacicikana amakuru avuga ko amakipe arimo nka Buyern Munich na Manchester City amushaka.
Biravugwa ko ikipe ya Buyern Munich yaba ishaka uyu mukinny nkuko abari impande ya Xavi babivuga, gusa uyu mukinnyi yabyamaganiye kure avuga ko azategereza ikipe ya Chelsea akaba ariyo ajyamo.
gusa kugirango habeho ubwumvikane hagati ya Chelsea n’uyu mukinnyi bizasaba ko Chelsea ibanza ikagurisha uwitwa Christopher Nkunku Xavi akabona kuza.
Bikavugwa Chrstopher Nkuku nawe hari ibiganiro ari kujyirana n’ikipe ya Buyern Munich kandi ko bigenze neza yahita ayerekezamo.
Xavi Simons azihangana bishoboka ategerese Chelsea, kuko ari yo kipe yifuza.
Uyu mukinnyi w’umudage ukina hagati imbere yugarira no gutera imbere mu izamu, arashaka gukina mu ikipe ibereye umupira we, kandi Chelsea ni yo yonyine iri mu nzozi ze.
Nubwo Manchester City n’andi makipe yo ku rwego rwo hejuru yakomeje kwigaragaza, nta na kimwe cyigeze cyivugwa. Cyane ko Chelsea ni yo nzira imwe Simons arimo gukurikirana, agategereza ko Nkunku yerekeza muri Bayern kugira ngo ikibuga cyuzure neza.
Ikindi twakwibutsa nuko uyu mukinnyi yatambutse mu makipe akomeye nka FC Barcelona y’abana bari hagati ya 16 ariko batarengeje 19 mu 2010, naho mu 2019 akomereza m
uri Paris Saint-Germain y’abatarengeje 19,nyuma mu 2020 ajya muri Paris Saint-Germain y’abakuru, Muri 2022 ahita ajya muri PSV, hanyuma mu 2023 nibwo yerekeje muri RB Lepzig ari nayo abarizwamo ubu.




