• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Uvira: Ingabo za FARDC zongeye gushyamirana na M23 bakozanyaho

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 27, 2025
in Amakuru
0
Uvira: Ingabo za FARDC zongeye gushyamirana na M23 bakozanyaho
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, mu misozi igaragiye uduce twa Katongo na Kigongo two muri teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, humvikanye urusaku rukomeye rw’amasasu menshi n’iturika ry’ibisasu, byatewe n’imirwano ikaze yadutse muri ako gace.

Amakuru yizewe aturuka hafi y’aho byabereye yemeza ko abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bahanganye n’imitwe ya Wazalendo, bari gufatanya n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa bya gisirikare bigamije kwigarurira ibice by’ingenzi.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Abaturage batuye muri utu duce bavuga ko batewe ubwoba bukabije n’amasasu adahwema kumvikana, bituma bamwe bahitamo kuva mu byabo, bajya gushaka umutekano mu tundi duce babona twizewe kurusha aho bari batuye.

Hari impungenge zikomeye ko iyi mirwano ishobora gukomeza gufata indi ntera, bigashyira mu kaga ubuzima bw’abasivili, cyane cyane abagore, abana n’abantu bageze mu zabukuru, bashobora kwibasirwa n’ingaruka z’intambara barimo guhunga.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa gisirikare bwa FARDC ndetse n’inzego za Leta ya RDC ntibirashyira ahagaragara itangazo ryemeza imibare y’abaguye muri iyi mirwano, abakomeretse cyangwa se ibyangijwe birimo n’ibikorwaremezo by’abaturage.

Iyi mirwano yo kuri uyu wa Gatandatu ije yiyongera ku yindi ikomeye imaze iminsi igaragara mu bice bitandukanye bya teritwari za Uvira na Fizi, aho Ingabo za Leta ya RDC zimaze iminsi zihanganye n’umutwe wa AFC/M23, ibintu bikomeje kuzamura umwuka mubi w’umutekano muke muri Kivu y’Epfo.

Previous Post

Ibura rya Element mu gitaramo ryateje imirwano

Next Post

REB yahagaritse abayobozi b’ibigo 890 kubera imyitwarire mibi

Next Post
REB yahagaritse abayobozi b’ibigo 890 kubera imyitwarire mibi

REB yahagaritse abayobozi b'ibigo 890 kubera imyitwarire mibi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved