• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Uvira: Habaye imirwano ikaze hagati y’ingabo za FRDC na Wazalendo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 6, 2025
in Amakuru
0
Uvira: Habaye imirwano ikaze hagati y’ingabo za FRDC na Wazalendo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, habaye imirwano ikaze hagati y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi bo mu Ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro Wazalendo. Iyi mirwano yabaye mu ijoro ryo ku wa 5 Nzeri 2025, ikaba yaratejwe no kutumvikana hagati y’impande zombi.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko amasasu y’imbunda za AK-47 n’izo mu bwoko bwa machine gun zumvikanye mu mujyi kuva ahagana saa mbili z’ijoro.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Byemezwa ko abarwanyi ba Wazalendo barwanaga ari abo mu mutwe uyobowe na “Général” John Makanaki, umenyerewe mu bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro muri Kivu y’Amajyepfo.

Guhera ku wa 2 Nzeri 2025, abarwanyi ba Wazalendo bari mu myigaragambyo ikomeye muri Uvira basaba ko Brigadier Général Gasita Olivier, usanzwe ari mu ngabo za RDC, akurwa muri uyu mujyi bavuga ko ari Umunyarwanda, kuko ngo akomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ibi byatumye ubuzima bw’umujyi buhagarara kuko bari bamaze gufunga umuhanda munini n’ibikorwa by’ubucuruzi, bavuga ko batazarekura keretse iyo ngingo yubahirijwe.

Ku wa 5 Nzeri, Meya w’agateganyo w’Uvira, Kifara Kapenda Kik’v, yayoboye inama yo gushakira umuti ikibazo, yitabiriwe na bamwe mu bayobozi ba Wazalendo barimo Makanaki na “Général” William Amur Yakutumba.

Nyamara iyo nama ntiyagize icyo igeraho kuko abarwanyi bakomeje gusaba ko Gasita ava aho. Yakutumba we yaburiye ubuyobozi ko nibigera ku wa 8 Nzeri uyu musirikare atarakurwaho, bazafunga umupaka wa RDC n’u Burundi ndetse n’icyambu cya Uvira kiri ku Kiyaga cya Tanganyika.

Umuvugizi wa FARDC, Gen Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, yasabye Wazalendo kureka imidugararo no kwakira Brig Gen Gasita, ababwira ko yashyizwe muri uwo mwanya n’umukuru w’igihugu kandi ko nta kibi yakoze. Ariko abarwanyi bo bashimangiye ko bifuza ko asimbuzwa.

Previous Post

Umukino wa Pyramids FC na APR FC uzakinirwa kuri kigali Pele Stadium

Next Post

Trump yahinduye izina rya Minisiteri y’Ingabo ayita iy’Intambara

Next Post
Trump yahinduye izina rya Minisiteri y’Ingabo ayita iy’Intambara

Trump yahinduye izina rya Minisiteri y’Ingabo ayita iy’Intambara

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved