• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Niwe muhanzikazi wenyine wegukanye igihembo cya PGGS mu Rwanda – Sobanukirwa amwe mu mateka ya Knowless

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 5, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Niwe muhanzikazi wenyine wegukanye igihembo cya PGGS mu Rwanda – Sobanukirwa amwe mu mateka ya Knowless
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Butera Jeanne d’Arc, uzwi cyane ku izina rya Knowless, ni umwe mu bahanzikazi  bafite amateka akomeye kandi y’ingenzi mu muziki w’u Rwanda. 

Yavukiye mu karere ka Ruhango ku wa 1 Ukwakira 1990, avukira mu muryango w’abaririmbyi kuko nyina yari umuyobozi wa korari mu rusengero rwa Adventiste.

Aho niho Knowless yatangiriye gukunda umuziki, bigera aho bihinduka umurimo umutunze ndetse n’ubuzima bwe bwose bukayoborwa n’urukundo rwe kuri muzika.

Knowless Amashuri abanza yayize muri  ESCAF (Nyamirambo), naho ayisumbuye ayiga APARUDE (Ruhango) na APACE (Kigali), aho yize ibijyanye n’imikoreshereze ya mudasobwa.

Kaminuza yayize muri, Kigali Institute of Science and Technology (KIST), naho Masters ayiga muri Oklahoma Christian University, iherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (2019).

Ibi byose byamufashije kuba umuhanzi uhuza impano n’ubumenyi, kandi byagaragaje ko ashobora kugera kure mu buzima n’umuziki icyarimwe.

Knowless yinjiye mu muziki nk’umuhanzi wigenga mu 2011 asohora album ye ya mbere yitwa Komeza, ikurikirwa na Uwo Ndiwe mu 2013. Indirimbo ze zakunzwe cyane harimo  nka sinzakwibagirwa, nkoraho, baramushaka, warurihe, Nyigisha,Blessed n’izindi zafashije benshi mu gihugu hose, bituma azamura izina rye ku rwego rwo hejuru.

Yagaragaye mu bitaramo bikomeye birimo “Rwanda Day” i London mu (2013), kandi yakoranye n’abahanzi bakomeye mu Rwanda no mu karere barimo Urban Boys, nyakwigendera Jay Polly, Kamichi ndetse na Roberto wo muri zambia bakoranye indirimbo yakunzwe cyane yiswe Te amo.

Imyidagaduro ye ishingiye ku kuvanga Afropop, R&B na Afrobeat, hamwe n’ijwi rye rikomeye n’ubuhanga mu kuririmba ku rubyiniro.

Mu 2015, Knowless yabaye umutegarugori wa mbere wegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar (PGGSS), ibintu byahinduye isura y’umuziki w’u Rwanda ndetse biha imbaraga abari bashaka kwinjira mu  ruhando rwa muzika.

 Sibyo gusa kuko Urugendo rwe rwamuhesheje ibihembo birimo,Salax Award nk’umuhanzi mushya w’indashyikirwa (2010),Best Female Artist (2013) Tutibagiwe na PGGSS mu (2015)

Aya ni amahirwe adasanzwe yamuhesheje icyubahiro gikomeye mu muziki, kandi bikamuhesha kuba ikimenyetso cy’imbaraga z’abagore mu Rwanda.

Uretse umuziki, Knowless ni umugore wubatse ufite abana babiri b’abakobwa Ora na Inzora Butera. Nubwo akomeza kwibera mu muziki, ni umubyeyi uharanira gukomeza urugendo rw’amasomo n’iterambere ry’umuryango we, akibanda ku guhuza umuryango n’ubuzima bw’umuziki.

Butera Knowless afatwa nk’isura yerekana imbaraga z’abakobwa (Girls Power) mu muziki w’u Rwanda. Ubu ashimirwa kuba yarahinduye amateka y’abagore mu muziki, akanaba urugero rwiza rw’uko impano, ubumenyi n’ubwitange bishobora gutuma umuntu agera kure mu rugendo rwe.

 Umuziki wa Knowless si uw’umunsi umwe gusa, ni umuriro udashira w’imbaraga, ubutwari n’urugero rwiza ku bakobwa bose bifuza guhindura amateka yabo, Ese wowe urabona ari uwuhe mukobwa cyangwa umutegarugori uzubaka amateka ahambaye nk’ayuyu mubyeyi ? Niba ahari wamutubwira  tukareba koko niba aribyo.

Previous Post

Amateka agiye kwisubiramo: Mike Tyson na Mayweather bagiye kwiha ikibuga bumvane imitsi

Next Post

Umukino wa Pyramids FC na APR FC uzakinirwa kuri kigali Pele Stadium

Next Post
Umukino wa Pyramids FC na APR FC uzakinirwa kuri kigali Pele Stadium

Umukino wa Pyramids FC na APR FC uzakinirwa kuri kigali Pele Stadium

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved