Urukiko rw’Ubujurire mu Mujyi wa Antananarivo, rwahanishije umugabo gushahurwa (gukatwa udusabo tw’intanga) nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka itandatu no kugerageza kumwica.
Ibi byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko rw’Ubujurire, Razafindrakambo Didier, wavuze ko bamuhanishije igihano cyo gufungwa burundu no gushahurwa.
Razafindralambo yavuze ko iki gihano kigamije kuburira abandi bafite imigambi mibi nk’iyo.
Ati “Iki ni igihano kigaragaza ubutabera bukomeye kandi kigamije no gukumira abafite imigambi mibi yo gufata abana ku ngufu.”
Itegeko ryo gushahura abasambanya abana bato ryashyizweho mu 2024 muri iki gihugu, nyuma y’uko imibare y’abana bari munsi y’imyaka 10 bafatwa ku ngufu yiyongereye cyane. Guverinoma yavuze ko iri tegeko rizafasha guhashya ibyo byaha bikorerwa abana bato.
Igihano nk’iki gitangwa mu bihugu bimwe na bimwe ku Isi, birimo Repubulika ya Tchèque n’u Budage, gusa ho ntabwo ari itegeko kubikora ahubwo babikora mu gihe nyiri gukora icyaha abyemeye.
Ahandi iri tegeko rikoreshwa ni muri Leta ya Louisiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ryatangiye gukoreshwa mu2024. Ho umuntu wafashe umwana ku ngufu nta mahitamo aba afite aba agomba gushahurwa.
Hari kandi n’ibindi bihugu bikoresha uburyo bwo guha imiti abakoze ibyaha byo gufata ku ngufu, igatuma ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bugabanuka, ariko ashobora kongera kujya abugira ku rugero byari biriho mbere mu gihe aretse gufata iyo miti.
Ibi bikorwa mu bihugu nka Pologne, Koreya y’Epfo n’ahandi henshi muri Amerika.
Nubwo bimeze gutyo, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kwamagana iri tegeko, ivuga ko rica intege uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.
Iyo miryango isaba ko hakongerwa imbaraga mu kurengera abana, gukumira ihohoterwa no gutinyura abahohotewe kugira ngo batange amakuru batikanga.




