• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Biteye agahinda: Umugore ukiri muto yishwe n’uwo yashatse amuziza kuba ari igikara

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 4, 2025
in Amakuru
0
Biteye agahinda: Umugore ukiri muto yishwe n’uwo yashatse amuziza kuba ari igikara
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urukiko rwo mu mujyi wa Udaipur mu Buhinde rwakatiye urwo gupfa umugabo witwa Kishandas, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we Lakshmi amutwitse.

Amakuru aturuka mu rukiko avuga ko uwo mugore yashinjaga umugabo we guhora amufata nabi amutuka ko ari “igikara” ndetse akamusebya ku mubiri we kuva bashyingirwa.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ku mugoroba wo mu ijoro yapfuyemo, Kishandas ngo yatahanye icupa ririmo umuti bivugwa ko wari ugamije gutukuza uruhu. Lakshmi yavuze ko icyo kinyabutabire cyari kiri kunuka nk’aside, maze ubwo yagaragazaga ko atishimiye, umugabo we amutwikisha umwambi , hanyuma amumenaho cya kinyabutabire yari asigaje.

Lakshmi yajyanywe kwa muganga n’abavandimwe be, ariko nyuma yaje gushiramo umwuka kubera ibikomere bikomeye byatewe n’inkovu z’inkongi.

Mu gusoma umwanzuro, umucamanza Choudhary yagize ati:“Icyaha nk’iki nticyishe gusa Lakshmi, ahubwo ni icyaha cyibasiye inyokomuntu. Ubugome bw’uwakoze ibi burenze ukwiyumvisha kwa sosiyete ifite indangagaciro.”

Umushinjacyaha wa rubanda Dinesh Paliwal yavuze ko iyi nkuru ari “amateka yanditswe” kuko igihano cyatanzwe ari isomo rikomeye ku bantu bose batekereza guhohotera cyangwa gusuzugura abagore. Yongeyeho ati: “Uyu mugore yari akiri muto, yari umukobwa w’umuntu, yari mushiki w’umuntu. Niba tuta tabariza abakobwa bacu, ni nde uzabikora?”

Nubwo bimeze bityo, umunyamategeko wunganira Kishandas yavuze ko urupfu rwa Lakshmi ari impanuka, ahakana ko umukiliya we yagize uruhare mu kumwica. Yongeyeho ko bateganya kujurira kuko bafite iminsi 30 yo kubikora.

Iyi dosiye yongeye kugaragaza ikibazo gikomeye mu Buhinde cy’imyumvire ifata uruhu rucyeye nk’ikimenyetso cy’ubwiza mu gihe abafite ibara ryirabura bahura kenshi n’ivangura n’amazina abasebya.

Ubukangurambaga bwo guhangana n’iyi myumvire bumaze igihe bukorwa, ariko abaharanira uburenganzira bw’abagore bavuga ko bitoroshye guhindura ibyo abantu bamaze kwimenyereza imyaka myinshi.

ISOKO:BBC

Previous Post

Imyanzuro yabonetse mu nama yahuje u Rwanda na RDC ishobora kuganisha ku mahoro arambye

Next Post

RDC: Icyorezo cya Ebola cyongeye kuhibasira gihitana abantu

Next Post
RDC: Icyorezo cya Ebola cyongeye kuhibasira gihitana abantu

RDC: Icyorezo cya Ebola cyongeye kuhibasira gihitana abantu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved