Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga yongeye kwitaba Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Nzeri 2025, aho akurikiranyweho ibyaha bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivugwa ko yakoreye umugore we, Annette Murava, umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
Ni urubanza rwatangiye kuburanishwa mu mizi ariko rukongera gushyirwa mu muheezo nyuma y’uko abaregana babisabye, harimo n’uruhande rw’uregwa. Byaherukaga no kubaho mu yandi maburanisha yabanjirije aya, aho byagiye bisabwa n’Ubushinjacyaha n’uregwa, bavuga ko biterwa n’impamvu zijyanye n’imyitwarire n’imibereho myiza y’ababurana, cyane ko ibyo bigarukwaho mu rukiko biba bifite uburemere.
Bishop Gafaranga akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashakanye. Urubanza rwe rwaje gukomera nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata rwari rwarategetse ko afungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, icyemezo cyafashwe ku wa 23 Gicurasi 2025.
Nyuma yo kujurira icyo cyemezo, ku wa 7 Nyakanga 2025 yaburanye imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, aho yavuze ko amakuru avuga ko Murava Annette yagize ibibazo byo mu mutwe atari yo, ashimangira ko inyandiko za muganga zigaragaza ko ari muzima.
Kuri ubu, urubanza rwatangiye kuburanishwa mu mizi, ariko hakomeje inzira yo kuruburanira mu muheezo nk’uko byemejwe n’Urukiko.





