Apple yatangaje ko iPhone 17 izakorerwa mu Buhinde mu rwego rwo kwirinda imisoro ihenze yashyizweho na Donald Trump.
Sosiyete ikomeye mu by’ikoranabuhanga yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Apple, yamaze gutangaza ko telefoni nshya ya iPhone 17 izajya ikorerwa mu Buhinde.
Uyu mwanzuro wafashwe hagamijwe kwirinda ingaruka z’amategeko mashya yashyizweho na Perezida Donald Trump agamije kuzamura imisoro ku bicuruzwa bitumizwa mu Bushinwa.
Nk’uko byatangajwe, ubwoko bwose bune bwa iPhone 17 buzajya bukorerwa mu Buhinde, mu rwego rwo kugabanya imisoro ihenze.
Inganda nka Tata Group yo muri Tamil Nadu ndetse na Foxconn ifite icyicaro i Bangalore, nizo zizitabazwa mu gukora izi telefoni nshya.
Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook, yavuze ko n’ubwo iPhone 17 izakorera mu Buhinde, Ubushinwa buzaguma ari isoko rikomeye ritanga ibikoresho by’ibanze bikoreshwa mu kuyikora.
Uretse ibi, Apple yatangaje ko iPhone 17 izaba ifite umubiri woroshye, amabara mashya, kamera zigezweho ndetse n’uburyo bushya bwo gukora bwa iOS 26.
Ubu buryo buvugwa ko ari bwo bunini kurusha ubundi Apple izaba yakoze mu myaka 10 ishize.
Byitezwe ko iPhone 17 izajya ku isoko mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, ikazaba ifite igiciro cyo hejuru kurusha ibisanzwe, bitewe n’impinduka ziri kuyiranga.





