Urukiko rukuru rwaburanishije mu mizi urubanza ruregwamo Umwunganizi mu mategeko, Me Kanani Boniface, ushinjwa gusambanya umwana w’imyaka 15, ndetse n’umukobwa ukurikiranyweho kuba icyitso muri icyo cyaha.
Iburanisha ryatangiye saa yine za mu gitondo risozwa saa kumi n’imwe z’umugoroba, rikorwa mu muhezo nyuma y’uko Ubushinjacyaha busabye ko abantu bose batari abacamanza, abunganizi n’ababuranyi b’ingenzi basezererwa mu cyumba cy’urukiko, hagamijwe kurengera umwana uvugwaho kuba yarahohotewe.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko iri tegeko rishyiraho uburyo bwihariye bwo kurinda abana bari munsi y’imyaka y’ubukure igihe hagarukwaho ibyaha byo kubasambanya.
Ku rundi ruhande, abunganira Me Kanani Boniface basabye ko urubanza rurebwa n’abaturage bose, bavuga ko uwo Ubushinjacyaha buvuga ko ari umwana ubu ari mukuru kandi ko urubanza rwatanga isura y’ukuri ku birego byamushyizweho.
Nyuma y’impaka ndende hagati y’impande zombi, Urukiko rwafashe icyemezo ko iburanisha rikomeza ribera mu muhezo.
Amakuru agera ikinyamakuru Umuseke cyamenye ari nacyo dukesha iyi nkuru avuga ko mu gihe Me Kanani Boniface yatangiraga kwisobanura, yaturitse ararira imbere y’abacamanza. Uregwa yasobanuye ko yabitewe n’indwara y’umuvuduko w’amaraso, ariko Ubushinjacyaha buvuga ko ari imvune asanzwe agaragaza buri gihe iyo agezweho n’ibibazo bijyanye n’icyaha ashinjwa.
Mu ibisobanuro byatanzwe n’Ubushinjacyaha, bwasabiye Me Kanani Boniface igifungo cy’imyaka 25, naho umukobwa ukurikiranyweho kuba icyitso mu gusambanya umwana agahanishwa imyaka 10 y’igifungo.
Iburanisha ryayobowe n’Inteko y’abacamanza batatu n’Umwanditsi umwe. Me Kanani yari afite abunganizi batatu, mu gihe urega yari ahagarariwe n’Umwunganizi umwe, nk’uko n’icyitso cyashinjwaga cyari gifite umwunganizi wacyo.
Abashinjacyaha babiri ni bo bari bahagarariye Leta muri uru rubanza.
Urukiko rwatangaje ko umwanzuro uzasomwa ku itariki ya 11 Ugushyingo 2025, saa kenda z’umugoroba.




