Umwongerezakazi w’imyaka 20, Zoe Backstedt, ni we wegukanye umudali wa Zahabu mu gusiganwa n’igihe (ITT) mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Rwanda. Yasoje urugendo rufite intera y’ibilometero 22,6 akoresheje iminota 30 n’amasegonda 56.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025, wari umunsi wa kabiri w’iyi Shampiyona ku nshuro yayo ya 98. Abakobwa n’abahungu batarengeje imyaka 23 ni bo babanje guhatana mu ITT. Inzira bakoze yatangiriye kuri BK Arena igaca i Rwahama – Kimironko (Simba) – Chez Lando – Prince House – Sonatube – Nyanza ya Kicukiro – Gahanga (Master Steel) – Sonatube – Rwandex – Mu Kanogo – Umujyi – Mediheal – Kwa Mignone – Ku Muvunyi hanyuma basoreza kuri KCC.
Ku ruhande rw’u Rwanda, Nyirarukundo Claudette ni we wabanje guhaguruka mu bakobwa. Yasoje akoresheje iminota 37 n’amasegonda 14, ashyirwa ku mwanya wa 31. Ntakirutimana Martha we yasoreje ku mwanya wa 27 akoresheje iminota 36 n’amasegonda 27. Bombi bari bahagarariye igihugu bwa mbere muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.
Ku rutonde rusange, Zoe Backstedt yegukanye intsinzi imbere ya Viktoria Chladoñova wo muri Slovakia, warushijwe umunota n’amasegonda 50, mu gihe Federica Venturelli wo mu Butaliyani yaje ku mwanya wa gatatu, asozanya ikinyuranyo cy’iminota ibiri n’amasegonda 11.
Nyuma ya saa Saba n’iminota 50, hakurikiyeho isiganwa rya ITT mu bahungu batarengeje imyaka 23, ryari rifite intera ndende ya kilometero 31,2 guhera kuri BK Arena risorezwa kuri KCC.





