• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umwavoka arakekwaho gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 9, 2025
in Amakuru
0
Umwavoka arakekwaho gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwaburanishije mu muhezo urubanza rw’umwunganizi mu mategeko “Avocat” ukekwaho gusambanya umwangavu.

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateanyo ry’uyu mwunganizi mu mategeko, Ubushinjacyaha bukekaho gusambanya umwana w’umukobwa utagejeje imyaka y’ubukure, ryashyizwe mu muhezo abantu baje gukurikirana urubanza bicaye mu cyumba cy’iburanisha.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Iburanisha ryagombaga kuba mbere ya saa sita z’amanywa, ariko abunganizi mu mategeko batanu bari ku ruhande rwa mugenzi wabo ushinjwa iki cyaha bamwe ntabwo bari bahari, Urukiko rwimurira urubanza saa munani n’igice (14h30).

Urukiko rwahaye ijambo Ubushinjacyaha kugira ngo buvuge ibyo bumushinja. Ubushinjacyaha buvuga ko bushingiye ku ngingo ya 26 irengera umwana, no kurinda imibereho bwite y’umwana igomba kurengera umwana uvugwa muri iyo ngingo.

Ubushinjacyaha buvuga ko iburanisha ribera mu muhezo

Mu mpaka zatwaye umwanya utari muto, abunganizi batatu bari bahagararanye na mugenzi wabo uregwa imbere y’inteko iburanisha, babwiye Urukiko ko iri tegeko rireba umwana mu gihe urubanza rugiye kuburanishwa mu mizi.

Abunganira uregwa bagaragaje ko itegeko uwo rivuga ari umwana uregwa kandi akaba ari iburanisha mu mizi y’urubanza.

Aha ubushinjacyaha bwagaragaje ko atariko itegeko ribiteganya ko ahubwo rireba uregwa, ndetse n’uwakorewe icyaha ari umwana kandi ko atari mu gihe cy’urubanza mu mizi gusa, ahubwo ari iburanisha iryo ari ryo ryose mu gihe uregwa cyangwa uwakorewe icyaha ari umwana.

Bityo hagomba kubahirizwa ibiteganywa n’itegeko urubanza rukabera mu muhezo.

Urukiko rwanzuye ko iburanisha ry’uru rubanza rigiye kubera mu muhezo, abunganizi batambaye umwenda wabugenewe badahari, ndetse n’abari baje gukurikirana iburanisha bose basohotse mu Rukiko.

UMUSEKE dukesha iyi nkuru uvuga ko umwana w’umukobwa uyu wunganira abantu mu mategeko akekwaho gusambanya, yabikoze umukobwa afite imyaka 16 y’amavuko, ubu akaba afite umwana w’imyaka ibiri.

Uregwa iki cyaha afite imyaka hafi 75 y’amavuko.

Previous Post

Meteo Rwanda: Iteganyagihe rya tariki 9 Nyakanga 2025

Next Post

Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we bibarutse

Next Post
Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we bibarutse

Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we bibarutse

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved