• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umwana w’imyaka 9 yatabaye umuryango w’abantu 9 wari ugiye kugwa mu mpanuka

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 28, 2025
in Amakuru
0
Umwana w’imyaka 9 yatabaye umuryango w’abantu 9 wari ugiye kugwa mu mpanuka
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gace ka Murang’a County muri Kenya, umwana w’imyaka icyenda witwa Boniface Njoroge yabaye intwari nyuma yo gutabara abantu icyenda bari bagiye kugwa mu mpanuka y’imodoka yabereye ku mugezi wa Kiama, mu karere ka Gatanga.

Iyi mpanuka yabaye ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo imodoka nto (minivan) yari itwaye abantu bo mu muryango umwe yavaga mu muhango wo gusaba no gukwa (dowry) igana mu rugo rwabo.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nk’uko byatangajwe n’abatangabuhamya, imodoka yagize ikibazo cya breki ubwo yari iri mu nzira ya Choma–Kahunyo maze irenga umuhanda igwa mu mugezi wa River Kiama.

Boniface, wari uri kumwe na se na nyina muri iyo modoka, ni we wenyine wabashije kuva mu modoka hakiri kare anyuze mu idirishya, maze yiruka ajya gushaka ubutabazi hafi aho.

Abaturage bahageze basanze imodoka yamaze kurengerwa n’amazi, ariko babasha gukiza abantu icyenda, barimo na nyina wa Boniface, Alice Wangeshi.

Icyakora, abantu batandatu, barimo se wa Boniface witwa Paul Karanja, bahise bitaba Imana.

Mu buhamya bwe, nyina wa Boniface yavuze ko ubwo yabonaga umwana we asimbuka amuva iruhande, yibwiraga ko amubuze burundu, atazi ko ari we ugiye gukiza ubuzima bwe n’ubw’abandi.

Alice Wangeshi, nyina wa Boniface ati: “Nabonye asimbutse ngira ngo arapfuye, sinari nzi ko ari we Imana yakoresheje kugira ngo turokoke,”

Polisi y’ahitwa Gatanga yatangaje ko abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro bya hafi kugira ngo bahabwe ubufasha bw’ibanze, ndetse iperereza rikomeje ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.

Abaturage n’abayobozi muri Murang’a bashimiye uyu mwana ku gikorwa cy’ubutwari yakoze, bavuga ko ari urugero rwiza rw’urukundo n’ubwitange mu gihe cy’akaga.

Previous Post

Umubyinnyikazi Sherrie Silver ntakozwa ibyo gushaka umugabo

Next Post

Rulindo: Umuturage yabyutse asanga mu rugo rwe hari umurambo w’umusaza wishwe ateraguwe ibyuma mu mutwe

Next Post
Rulindo: Nyuma yo kuburirwa irengero yasanzwe mu ishyamba yapfuye

Rulindo: Umuturage yabyutse asanga mu rugo rwe hari umurambo w'umusaza wishwe ateraguwe ibyuma mu mutwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved