Rubén Amorin utoza ikipe ya Manchester United yemeje ko impamvu André Onana ukina mu izamu atigeze agera mu Kibuga nta kibazo cy’imvune yari afite.
Umutoza wa Man U yavuze ko impamvu atagiye mu kibuga aruko we ashaka imibanire myiza mu ikipe nyuma yo kubona abandi bakinnyi bakora neza imyitozo igihe bari mu gihembwe gishya cy’imyitozo.
Amorin yagize ati”Onana ntago arwaye yarakize abandi bakinnyi bakoze imyiteguro neza rero nkeneye gushaka ihuriro hagati y’abakinnyi bose, gusa ubutaha harigihe byahinduka ariko ubu abo twahisemo bano bakinnyi”.
Umunsi w’ejo hashize nibwo umunyezamu Bayandiri yabanje mu izamu rya Manchester United, abasesenguzi bamwe bakaba babona ibi nkaho ari uguha Onana igihe cyo kwiyubaka bihagije nyuma yigihe kinini atari yorohewe,Gusa abandi bavuga ko bigaragaza ko Amorim atazatinya gufata ibyemezo bikomeye mu rwego rwo kuzamura urwego rwa United.
Gusa byitezwe ko mu cyumweru gitaha Onana ashobora kujya mu kibuga ariko ahanini Bayindir niwe ufite umwanya ngo yigaragaze ko hari icyo ashobote mu izamu rya Manchester United.




