Enzo Maresca utozaikipe ya chelsea yagaragaje akababaro yatewe n’icyemezo cyafashwe cyo guhagarika umukino amasaaha agera kuri abiri yose avuga ko ibi Ari ugutesha agaciro umupira w’amaguru.
Umutoza w’ikipe ya chelsea Enzo Maresca ntago yigeze yishimira icyemezo cyafashwe cyo kuba bahagaritse umukino amasaaha agera kuri abiri nubwo uyu mukino warangiye ikipe ya chelsea itsinze ibitego 4-1 ikipe ya Benifica gusa ibyo byabaye mu minota 30 y’inyongera (extra time ) iyi minota yaje isanga indi 90 Bari bakinnye mbere ubwo iba 120.
Mugahinda kenshi ubwo yaganiraga n’itangaza makuru yagize ati” ibi ntago bibaho ntago bishoboka nagato, guhagarika umukino amasaaha abiri ?! Ibi ntago ari umupira w’amaguru ntago bikwiye kubaho.”
Avuga ko nubwo bahagaritse umukino kumpamvu zumutekano ariko bitari bikwiye kuba bategura umukino ko wabera ahantu hadatekanye.
Yagize ati:” Ndubyumva umukino wahagaritswe ku mpamvu z’umutekano, ariko ahantu nk’aha ntabwo habereye gukinirwa umupira nk’uyu. Bantu banjye,uyu si umupira w’amaguru guhagarika umukino amasaha abiri”.
Yavuze ko umukino kuba wahagarikwa kuriya wari kugira ingaruka Ku bakinnyi ndetse bigatuma bagira imyitwarire itandukanye mu kibuga.
Muka babaro kenshi yakomeje agira ati”abantu basekaga , barya bananywa abandi bibereye mu materefone yabo icyo gihe iyo bigenze uko ntago biba bikiri umukino kuko ntago bisanzwe kuba umukino wahagarikwa Ku munota wa 85 utarinjizwa igitego, wagaruka mu kibuga ugatangira kwinjizwa ibyo si ibintu.”
Byamwanze munda asoza asaba abashinzwe gutegura iyi mikino ko bajya bategura ibintu biri kumurongo kuko ibi bibazo bimaze kujyera kure.
Yagize ati:” Niba imikino itandatu cyangwa irindwi ihagarikwa, bivuze ko hari ikitagendaneza nkuko bikwiye.”




