• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Lifestyle

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 21, 2026
in Lifestyle
0
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), watangaje ko kuva kwa AFC/M23 mu buryo butunguranye mu Mujyi wa Uvira, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku itariki ya 17 Mutarama 2026, byasize abasivili mu bibazo bikomeye by’umutekano, cyane cyane kubera ibikorwa by’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo.

Nk’uko HRW ibivuga, ku gicamunsi cyo ku wa 18 Mutarama, Ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo zongeye kwinjira mu Mujyi wa Uvira, nyuma y’uko AFC/M23 yari imaze ukwezi kurenga iwugenzura hanyuma ikawuvamo.

Related posts

Mu Rwanda Ingo ibihumbi 50 zigiye kujya zitekesha gaz aho gukoresha amakara cyangwa inkwi

Mu Rwanda Ingo ibihumbi 50 zigiye kujya zitekesha gaz aho gukoresha amakara cyangwa inkwi

October 29, 2025

Jokowi Needs Multidimensional Dialogue On Criminal Code Bill: Alliance

July 25, 2025

HRW ivuga ko Wazalendo, ifite amateka akomeye yo guhohotera abasivili, ikomeje gufashwa n’ingabo za Leta.

Clémentine de Montjoye, Umushakashatsi Mukuru wa Human Rights Watch mu Karere k’Ibiyaga Bigari, yavuze ko kuba ingabo za Leta zihari zonyine bidahagije mu kurinda abaturage.

Ati: “N’iyo ingabo za Congo zaba zihari, ntibizaba bihagije mu gihe Wazalendo ikomeje gufashwa cyangwa kwihanganirwa mu bikorwa byo guhohotera abasivili.”

Yongeyeho ko Leta ya Congo ikwiye gufata ingamba zihuse zo kugarura umutekano no kurinda abaturage bose nta vangura, by’umwihariko Abanyamulenge.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na HRW, ryashingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya no ku isesengura ry’amafoto na videwo byafatiwe muri Uvira, hagaragajwe ibikorwa by’ubusahuzi bukabije byabaye nyuma y’uko AFC/M23 ivuye muri uyu mujyi. Harimo gusahura no gusenya ingo z’abaturage, amaduka, insengero, inyubako za Leta, ndetse n’ingo z’Abanyamulenge.

HRW ivuga ko yemeje aho amashusho yafatiwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya geolocalisation, agaragaza abantu bambaye imyenda ya gisivili basahura urukiko rw’umujyi, itorero ry’Abametodisiti risengerwamo n’Abanyamulenge, resitora zitandukanye, inyubako z’ibiro bya Leta ndetse n’icyambu cya Kalundu.

Amakuru aturuka muri Uvira agaragaza ko abantu benshi bakomeretse muri ibi bikorwa by’urugomo, mu gihe HRW ikomeje gukora iperereza ku makuru avuga ko hari abasivili bishwe kuva AFC/M23 yavaga muri uyu mujyi.

Umwe mu baturage ba Uvira yabwiye HRW ati: “Umutekano wacu uraduhangayikishije cyane. Hari abasirikare cyangwa abarwanyi ba Wazalendo bazenguruka mu mihanda basaba abantu telefoni zabo, kandi hari aho byarangiye barashwe.”

Human Rights Watch ivuga kandi ko yakiriye amakuru yizewe avuga ko imitwe ya Wazalendo yabujije abaturage guhungira mu gace ka Hauts Plateaux, kagizwe n’imisozi miremire iri muri teritwari za Fizi, Mwenga na Uvira. Ibi byateye abaturage impungenge zo kumenya inzira zizewe banyuramo, cyane cyane mu gihe umupaka uhuza Congo n’u Burundi ugikomeje gufungwa.

HRW irasaba Leta ya Congo gufata ingamba zifatika zo guhagarika ibikorwa by’imitwe yitwara gisirikare, gukurikirana abakoze ihohoterwa, no kurinda abasivili bose hubahirizwa amategeko mpuzamahanga arengera uburenganzira bwa muntu.

Previous Post

Leta ya Congo yahagaritse internet mu mujyi wa Uvira

Next Post

Ihuriro AFC/M23 ryigambye gusubirana umujyi wa Uvira

Next Post
Ihuriro AFC/M23 ryigambye gusubirana umujyi wa Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryigambye gusubirana umujyi wa Uvira

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved