Umuhanzikazi Taylor swift ari kwitegura gushyira hanze album gusa biravugwa ko imwe mu ndirimbo ziriho ishobora kuzaba irimo amagambo asebya umukinnyikazi wa Filime Blake Lively bahoze ari incuti magara.
Umuhanzikazi Tylor Swift kuri ubu ufite imyaka 35 y’amavuko, ku wa 13 Kanama nibwo yatangaje ko ari gutegura album kandi ko yenda kuyishyirahanze yise “The Life Of a Show Girl” izaba iriho indirimbo yise ‘Ruin the Friendship’ izaba ivugwamo ukuntu Tylor Swift yahomberaga mu bucuti yari afitanye n’uyumukunnyi kazi wa filime Lively kuri ubu ufite imyaka 37 Y’amavuko.
Bivugwa ko Tylor Swift na Lively kuri ubu barebana ayingwe batakivugana ku mpamvu z’uko ikipe ya Lively yajyanye mu nkiko Tylor mu Kuboza mu 2024, bamuziza ko yanze gukora ibyo bamusabaga.
Mu 2014 nibwo ubucuti bwabo bwaciye ibintu aho Tylor Swift yakunze gukoresha abana b’abakobwa ba Lively mu bihangano bye, abana ba Lively uko ari batatu bagiye bakora mu ndirimbo za Tylor swift zitandukanye aho indirimbo yitwa Georgeous ariyo yumvikanyemo ijwi ry’uwitwa james bikarangira itumbagiye ikagera kure siyo gusa kuko hari nizindi yagiye akorana n’abana uko ari batatu b’uyu Lively bikaba byerekana ko bari bafitanye umubano uhambaye.
Gusa kurundi ruhande umubanzikazi Tylor swift yabyamaganiye kure ubwo yaganiraga na New Height yavuze ko yatangiye gukora iyi Album ubwo yari i Burayi ari mubitaramo bye byiswe Eras Tour yagiye akora mbere y’uko havugwa ibyo byose we n’uwahoze ari incutiye.
Kuva icyo gihe ubwo Swift yajyanywaga mu nkiko n’ikipe ya Lively, imbaraga z’ubucuti ku ruhande rwa Swift zaragabanutse ndetse n’umukunzi we Travis Kelce yahise areka gikurikira, kuri Instagram, Reynolds wafashe lyambere mu kujyana mu nkiko Swift.





