Hari umukobwa w’Umunyarwandakazi umaze iminsi avugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho yashyize kuri TikTok agaragaza ko hari urubyiruko rugaragara neza inyuma, nyamara imbere rubayeho mu buzima bugoye.
Ubutumwa bwe bwarakwirakwiye cyane, butera impaka ndende zishingiye ku mibereho y’urubyiruko n’uburyo rubonamo amahirwe y’akazi.
Nyuma y’urusaku rwatewe n’ayo mashusho, uyu mukobwa yaje gusobanura ko ayo magambo yayavuze ari mu bihe by’ihungabana rikomeye yatewe no gushukwa n’umuntu wamwijeje akazi.
Icyizere cy’akazi cyahindutse igihombo
Nk’uko yabisobanuye, yari amaze iminsi ashaka akazi, aza guhuzwa n’umuntu wamubwiye ko hari amahirwe amutegereje. Yakoze ikizamini cy’ibazwa ndetse arabitsinda, bituma yumva ubuzima bugiye guhinduka.
Icyakora, mbere y’uko atangira akazi, yasabwe kubanza kwishyura amafaranga ngo abe ari bwo yemerewe gutangira. Yagerageje gusaba ko yazishyura nyuma amaze kubona umushahara, ariko uwo bari bavuganye arabyanga, ahubwo amubwira ko nta kazi yatangira atabanje kwishyura.
Aho ni ho yahise atangira gukeka ko ari umutego w’abatekamitwe, cyane cyane ubwo yabonaga amafaranga asabwa agenda agabanywa mu rwego rwo kumushuka ngo yemere.
Ibyo byamuciye intege, kuko nta bushobozi yari afite bwo kwishyura ayo mafaranga kandi yari yamaze kwizera ko abonye akazi.
Uyu mukobwa yavuze ko amashusho yakwirakwiye yayakoze ku munsi umwe n’uwo yabwiwe ayo makuru amubabaje. Yari wenyine, afite agahinda n’ibitekerezo byinshi, yumva arambiwe kuguma mu buzima bwo gushaka akazi kataboneka no guhura n’ababeshyi.
Ni bwo yafashe umwanya yivugira uko abyumva, agaragaza ko hari urubyiruko rwinshi rubayeho mu buzima bugoye, nubwo hanze rwagaragara nk’aho rubayeho neza.
Yemeza ko atari agamije kunenga Igihugu cyangwa gutesha agaciro urubyiruko, ahubwo yashakaga kuvuga ku kibazo abona kibangamiye benshi ariko kidakunze kuvugwa.
Impaka n’amasomo byakurikiyeho
Nyuma y’ayo mashusho, hakurikiyeho ibitekerezo byinshi bitandukanye.
Hari abamwumvise bakamushyigikira, bavuga ko yagaragaje ukuri ku buzima bwa bamwe mu rubyiruko. Abandi bo bavuze ko amagambo nk’ayo ashobora gutuma abantu babona urubyiruko mu ishusho mbi.
We ubwe avuga ko yatunguwe n’uburemere bw’impaka byateje, kuko atari yiteze ko ubutumwa bwe buzagera kure atyo.
Icyakora, mu bintu byiza byamukurikiyeho, ni uko hari inshuti zamwegereye zikamuhuza n’andi mahirwe y’akazi, aho ubu asigaye akora akazi gatuma abona uko yitunga.
Ubutumwa asigira abandi
Asanga icy’ingenzi ari uko urubyiruko rwirinda abantu barushuka barwizeza akazi rushyirwa imbere amafaranga.
Anashimangira ko ibibazo by’ubushomeri n’ubukene bidakwiye gucecekwa, ahubwo bikwiye kuvugwa mu buryo bwubaka kugira ngo haboneke ibisubizo birambye.




