• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhungu wa Perezida wa Afrika y’Epfo aravugwa mu rukundo n’umunyarwandakazi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 16, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Umuhungu wa Perezida wa Afrika y’Epfo aravugwa mu rukundo n’umunyarwandakazi

Uyu musore avuga ko Kate Bashabe ari isanzure rye

0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhungu wa Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, Tumelo Ramaphosa, yagaragaje amarangamutima adasanzwe kuri Kate Bashabe, kugeza aho amwita ‘isanzure rye’, bituma bamwe bakeka ko yaba ari mu rukundo n’uyu mukobwa wabiciye mu myidagaduro mu Rwanda.

Ubu butumwa uyu musore yabushyize ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24, ku rubuga rwe rwa Instagram aho yagereranyije uyu mukobwa na ‘byose bye’. Mu magambo y’Icyongereza yashyize kuri uru rubuga aherekejwe n’ifoto ya Kate Bashabe yambaye umushanana, yagize ati “My Universe’’.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Hari andi makuru avuga uyu musore amaze iminsi mu Rwanda, ndetse aheruka gusangiza amashusho abamukurikira, ari mu karere ka Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Utereye amaso ku mbuga nkoranyambaga, ubona Kate Bashabe yararebye amashusho n’amafoto atandukanye y’uyu musore agashyiraho utumenyetso tugaragaza ko ayakunze, ndetse ahandi kwiyumanganya biranga agatanga ibitekerezo.

Bashabe Catherine, wamamaye nka Kate Bashabe, si ubwa mbere avuzwe mu nkuru z’urukundo na bamwe mu bazwi cyane muri Afurika.

Kuva mu 2019 yakunze kuvugwa mu nkuru zo gukundana n’Umunya-Sénégal Sadio Mané, wamamaye mu makipe akomeye mu mupira w’amaguru i Burayi ariko abyamaganira kure. Muri Mutarama 2024 uyu mukobwa yavuze ko afite umukunzi.

Icyo gihe mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda yagize ati “Ndacyari umukobwa, ariko buriya igihe kizagera nanjye mbe umubyeyi. Ni iby’Imana. Umukunzi we arahari.”

Uyu mukobwa asanzwe amenyerewe mu bikorwa byo gufasha abinyujije mu Muryango yashinze yise ‘Kabash care’, ndetse yabaye Miss MTN mu 2010, mu 2012 aba Nyampinga wa Nyarugenge.

Uyu musore avuga ko Kate Bashabe ari isanzure rye

Previous Post

Ngoma: Aba-Dasso babiri barakekwaho gukopera ikizamini cya Leta

Next Post

Tourists from US, Singapore are frequent users of Airbnb in South Korea

Next Post

Tourists from US, Singapore are frequent users of Airbnb in South Korea

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved