Nyamari Ongengu wamamaye ku mazina ya Nyashinski yasinyanye amasezerano sony music aho igiye kujya ireberera inyungu ze mu muziki.
Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya kenya Nyamari Ongengu wamamaye nka Nyeshinski yasinye amasezerano muri sony music aho igiye kujya ireberera inyungu ze, ibi bikaba byatangajwe niyi kompanyi ku mbuga nkoranyambaga zayo nka instagram aho byashyizweho kuwa 14 Kanama 2025.
Sony music yahise yerekana indirimbo nshya uyu muhanzi yakoze yiswe “Tai chỉ” aho iyi ndirimbo ariyo yambere akoze kuva yagera muriniyi kompanyi gusa hakaba hitezwe indi mishinga izakorwa mu gihe kirimbere.
Sean Watson, uyobora sony music hano muri afurika yavuze ko ibi ar’ibintu bihambaye birenze imikoranire y’umuziki gusa, yakomeje avuga ko ibi ari agaciro gakomeye kubatuye afurika y’iburasirazuba bikazatuma umuziki w’afurika ugera kure hashoboka.
Sony music ni kompanyi ikomeye kuko yagiye izamura abantu benshi bakaba barabaye ibyamamare aribo, Whitney Houston,Beyonce,Celine Dion, Michael Jackson ,westlife ndetse na alan walker nabandi benshi.






