Nyuma y’impanuka ya kajugujugu yabaye ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, mu mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika hafi y’agace ka Yungu muri Teritwari ya Fizi, ubuyobozi bw’iyi ntara bwatangaje ko amakuru yavugaga ko indege yari ivuye i Burundi cyangwa ko yahanuwe n’abarwanyi ba AFC/M23 ari ibihuha.
Amakuru mashya yatanzwe n’inzego z’ibanze avuga ko indege yari yahagurutse mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo yerekeza i Kalemie mu Ntara ya Tanganyika. Ahabereye impanuka hari mu bilometero bisaga 145 uvuye muri sheferi ya Fizi, mu gace gato ka Babungwe, mu majyepfo ya segiteri ya Ngandja.
Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, Samy Kalonji Badibanga, yatangaje ko abarobyi bari bari ku kiyaga aribo babonye umurambo wa muntu umwe wapfiriye muri iyo mpanuka, mu gihe abandi bane bari kumwe muri kajugujugu batabawe. Bose ni abanyamahanga, nk’uko Kalonji yabitangaje.
Uyu muyobozi yanamaganye amakuru yacicikaga ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko indege yaba yararashwe n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23. Yavuze ko ayo makuru ari “ibihuha bigamije guteza urujijo mu baturage.”
Yagize ati:
“Ntitwakwihanganira abantu batanga ibinyoma bigamije guteza ubwoba mu baturage. Kuvuga ko M23 aribo bahanuye iriya ndege si ukuri, ni ikinyoma cyambaye ubusa.”
Kuri iki Cyumweru, Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko kiri mu myiteguro yo gutangaza umwanzuro ku bushakashatsi bw’iyi mpanuka mu minsi ya vuba.




