• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umugabo wari warubatse Inkuge avuga ko Isi izarangira kuri Noheli bikamupfubana yavuze ko yagize irindi yerekwa ridasanzwe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 26, 2025
in Amakuru
0
Umugabo wari warubatse Inkuge avuga ko Isi izarangira kuri Noheli bikamupfubana yavuze ko yagize irindi yerekwa ridasanzwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugabo wo muri Ghana witwa Ebo Noah, wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye kubera kubaka inkuge nini yise “Ebo Noah Ark” no guhanura umwuzure wari guhitana isi guhera tariki ya 25 Ukuboza, yasobanuye impamvu iryo buhanuzi ritigeze risohora.

Uyu mugabo yatangiye kuvugwa cyane muri Kanama uyu mwaka, ubwo yatangazaga ko Imana yamuhaye ubutumwa bumubwira ko hagiye kugwa imvura ikomeye izamara imyaka itatu, ikazatangira ku munsi wa Noheli igasenya isi yose. Yavugaga ko abantu bagomba kwihana no kwitegura uwo mwuzure.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Mu rwego rwo kwitegura icyo yitaga itegeko ry’Imana, Ebo Noah yubatse inkuge nini y’ibiti, ayita Ebo Noah Ark, avuga ko yayubatse abitegetswe n’Imana kandi anahamagarira abantu kuyigana kugira ngo bazarokoke.

Ibyo byatumye abantu benshi baturutse mu bice bitandukanye bya Ghana no mu mahanga baza kuyireba, bigatera urujya n’uruza rudasanzwe.

Nyamara, mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ku wa Kane, Ebo Noah yatangaje ko nyuma y’amasengesho menshi, kwiyiriza ubusa no kuganira n’abandi bayobozi b’amadini, yahawe irindi yerekwa rishya.

Yasobanuye ko muri iryo yerekwa yabonye umubare munini w’abantu baturutse impande zose z’isi baza gushaka ubuhungiro muri iyo nkuge, ariko ubushobozi bwayo bukaba butari kubakira bose.

Ati: “Imana ihishura kugira ngo icungure. Namasengesho, nariyirije, naratanze kandi narubatse. Mu isengesho nabonye irindi yerekwa, mbona abantu benshi cyane baturutse mu isi yose baza mu nkuge, ariko nagerageje kuyagura biranga ko yakira bose.”

Yongeyeho ko yasangije iryo yerekwa rishya abandi bayobozi bakomeye b’amadini, maze bafatanya mu masengesho, Imana ikabaha igihe cy’inyongera cyo kubaka izindi nkuge zizakira abantu bose.

Ebo Noah yahamagariye abaturage kudatera akavuyo cyangwa kujya aho iyo nkuge iherereye ku munsi wa Noheli, ashimangira ko atigeze acuruza amatike cyangwa kwakira amafaranga ku muntu uwo ari we wese.

Ati: “Nta muntu ugomba kwiruka ajya ahantu na hamwe. Nta matike ngurisha, nta n’amafaranga nakiriye ku muntu uwo ari we wese.”

Yasabye abantu gukomeza gutuza no kwizihiza iminsi mikuru mu mahoro, ariko anabibutsa ko ubutumwa bwo kwihana bugikomeje.

Ati: “Mugume mu ngo zanyu, mwishime, munezerwe. Ndabifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire. Ariko ubutumwa buracyahari: nimwihane.”

Ibikorwa bya Ebo Noah byatumye abantu benshi bamugereranya na Nowa uvugwa muri Bibiliya, wubatse inkuge abitegetswe n’Imana kugira ngo arokoke umwuzure wishe isi ya kera.

Previous Post

Lt. Col Patrice Manirakiza wari uyoboye batayo ya 18 y’ingabo z’u Burundi yitabye imana nyuma yo kuraswa na M23

Next Post

Abarwanyi ba AFC/M23 ubwo barimo gucunga umutekano baguye mu mutego w’inyeshyamb za wazalendo bakozanyaho

Next Post
Abarwanyi ba AFC/M23 ubwo barimo gucunga umutekano baguye mu mutego w’inyeshyamb za wazalendo bakozanyaho

Abarwanyi ba AFC/M23 ubwo barimo gucunga umutekano baguye mu mutego w'inyeshyamb za wazalendo bakozanyaho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved