• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ukraine: Abasaza bafite imyaka 60 bagiye kwinjizwa mu gisirikare

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 30, 2025
in Amakuru
0
Ukraine: Abasaza bafite imyaka 60 bagiye kwinjizwa mu gisirikare
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Itegeko rishya ryashyizweho umukono na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, riteganya ko icyo gihugu kigiye gutangira kwinjiza mu gisirikare abasaza bari hejuru y’imyaka 60 bagakorera ku masezerano, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubuke bw’abinjira mu gisirikare.

Iri tegeko ryemerera abagabo bageze igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru kuba bakwiyandikisha mu gisirikare bagahabwa imirimo itari iyo kujya ku rugamba, nyuma y’uko basuzumwe n’abaganga b’igisirikare bakanemeza n’umuyobozi w’ishami basaba gukoreramo. Ayo masezerano bazajya bahabwa ni ay’umwaka umwe ushobora kongerwa.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Iri tegeko ryatangijwe n’itsinda ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Mata, ritorwa n’Inteko mu ntangiriro z’uku kwezi. Amategeko asanzwe ya Ukraine ateganya ko imyaka 60 ari yo umuntu ashobora kwemererwa kujya muri pansiyo.

Muri Gashyantare 2022, igihugu cyakoze ubukangurambaga bwabuzaga abagabo bari hagati y’imyaka 18 na 60 kuva mu gihugu. Nyuma yo gutakaza abasirkare benshi, mu 2024, icyo gihugu cyagabanyije imyaka yo kwinjira mu gisirikare iva kuri 27 iba 25, ndetse hakazwa ubukangurambaga bwo kucyinjiramo.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru ryo muri Hongirie, Zelenskyy yemeye ko ubukangurambaga bugamije kubona abashya binjira mu gisirikare kikiri ikibazo gikomeye.

Kuri ubu harabarurwa abasaga ibihumbi 213 bafatwa nk’abatorotse igisirikare muri Ukraine ku mpamvu impamvu zitandukanye.

Ni mu gihe mu ntangiriro z’uyu mwaka, Ukraine yatangije gahunda yo gushaka abasirikare ku bushake igamije gukurura abagabo bafite imyaka hagati ya 18 na 24. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, Maria Zakharova, yavuze ko iyo gahunda ari “itike ijya gusa mu cyerekezo kimwe,” ashimangira ko Ukraine iri “kurimbura” urubyiruko rwayo.

Previous Post

Hazerekanwa imbwa zifite imyambarire idasanzwe! Ibyo wamenya ku iserukiramuco ry’bwa rigiye kubera i Kigali

Next Post

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bubatse bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa kurusha ingaragu

Next Post
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bubatse bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa kurusha ingaragu

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bubatse bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa kurusha ingaragu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved