• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Uganda: Umusirikare yafatanywe imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 26, 2025
in Amakuru
0
Uganda: Umusirikare yafatanywe imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umusirikare ukorera mu bitaro bya gisirikare bya Kabamba Military Health Centre IV muri Uganda, yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho kwiba imiti irenga ibihumbi150,000 igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA (ARVs) yari yakuwe muri ibyo bitaro bya gisirikare.

Uwo musirikare, witwa Jimmy Kissembo, yari asanzwe akorera muri laboratwari y’ibi bitaro. Ubutumwa bwatangajwe n’Umuvugizi w’Ikigo cya Uganda gishinzwe imiti (National Drug Authority – NDA), Abiaz Rwamwiri, bugaragaza ko Kissembo yafatiwee mu gace k’ubucuruzi ka Mpumude mu Mujyi wa Jinja, ubwo yari agiye kugurisha iyo miti yibye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Rwamwiri yavuze ko mu igenzura ryakozwe, hafashwe kandi undi mugore ukekwaho kwiba imiti irenga 300,000 ya malaria ndetse n’ibikoresho byinshi bipima malaria, byose byari byakuwe mu bitaro bya leta.

Ati: “Iyi miti n’ibikoresho byose byagaruwe mu bubiko bwa leta nyuma y’isuzuma ryimbitse ryerekanye ko byari byibwe. Abakekwa bose bafungiye kuri sitasiyo ya polisi, aho bazakurikiranwa n’amategeko,”

Ikigo cya NDA cyavuze ko iki ari kimwe mu bikorwa bigamije kurwanya ubujura n’icuruzwa ry’imiti y’igihugu rikunze gukorwa n’abantu bari imbere mu nzego z’ubuzima. Rwamwiri yasabye abaturage kujya batanga amakuru igihe babonye umuntu ugurisha imiti ituruka mu bigo bya leta, kugira ngo hafatwe ingamba zo kurengera ubuzima bw’abarwayi.

Amakuru y’ibanze agaragaza ko iyo miti yagombaga gufasha abarwayi bo mu bitaro bya gisirikare n’ibindi bigo nderabuzima bya leta, ariko kubera ubujura nk’ubu, benshi bashobora kuburaubuvuzi.

NDA yavuze ko izakomeza ubufatanye na Uganda Police Force na UPDF mu gukurikirana ibyaha nk’ibi, hagamije kurandura burundu ubucuruzi bw’amayeri bukorwa mu rwego rw’ubuzima.

Previous Post

Kicukiro: Yakuyemo inda ahita ajugunya uruhinja mu rutoki

Next Post

Rufonsina wamamaye muri filime nyarwanda yibarutse

Next Post
Rufonsina wamamaye muri filime nyarwanda yibarutse

Rufonsina wamamaye muri filime nyarwanda yibarutse

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved