Amajwi y’ibanze akomeje gutangazwa mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda agaragaza ko Yoweri Kaguta Museveni, uhagarariye ishyaka NRM, ari imbere ya bagenzi be bahatanye muri aya matora.
Aya matora yabaye ku wa Kane tariki ya 15 Ukuboza, aho abaturage ba Uganda batoye Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Abatoye bageraga kuri miliyoni 21 bitabiriye iki gikorwa cy’ingenzi cya demokarasi.
Museveni umaze imyaka igera kuri 40 ayobora Uganda, yari ahanganye n’abandi bakandida barindwi. Muri bo harimo Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, wavuye mu muziki ajya muri politiki.
Ibyavuye mu majwi amaze kubarurwa kugeza ubu bigaragaza ko Museveni ari imbere n’amajwi 76.25%, ahwanye n’abatoye bagera kuri 3,900,000. Bobi Wine akurikiraho n’amajwi 19.85%, angana n’abamutoye barenga gato 1,300,000.
Kugeza ubu, amajwi aturuka kuri sitasiyo z’itora 45 ni yo amaze kubarurwa ku mugaragaro, mu gihe ibisigaye biteganyijwe gutangazwa kuwa Gatanu saa munani z’amanywa ku isaha ya Uganda, bihwanye na saa saba z’i Kigali.




