Ikigo cya Leta ya Uganda gishinzwe kugenzura itumanaho cyategetse ibigo byose bitanga serivisi za internet guhagarika izo serivisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, kugeza igihe bizahererwa andi mabwiriza azemerera internet kongera gukoreshwa.
Iki cyemezo cyafashwe mu gihe Uganda yitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama.
Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda, ibaruwa yanditswe n’iki kigo cya Leta yasabaga kompanyi zitanga internet guhita zishyira mu bikorwa iri tegeko, zitegereje igihe zizabwirirwa kuyisubizaho.
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, yamaganye iki cyemezo abinyujije ku rubuga rwe rwa X (yahoze ari Twitter), avuga ko kinyuranyije n’ubwisanzure bw’abaturage.
Mu cyumweru cyari cyabanje, Bobi Wine yari yaburiye ko Leta ifite umugambi wo guhagarika internet mu gihe cy’amatora, nk’uko byabaye mu matora yo mu 2021.
Ibi byaje nyuma y’uko abategetsi ba Uganda bari batangaje ku wa Kabiri ushize ko internet itari gukurwaho muri aya matora.
Ku ruhande rwa Leta, iki kigo gishinzwe itumanaho cyasobanuye ko icyemezo cyo guhagarika internet kigamije gukumira ikwirakwizwa ry’amakuru atari yo, amakuru ayobya, ubujura bw’amajwi n’amashusho, ndetse no guhamagarira urugomo, ibyo byose bikaba byashyira mu kaga umutekano w’igihugu.
Ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko guhagarika internet bigamije kubuza abaturage kugera ku makuru yigenga, bigaha Leta ububasha bwo kugenzura amakuru yose atangazwa, cyane cyane muri ibi bihe by’amatora.
Mu matora ateganyijwe ku wa Kane, Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka igera kuri 40 ayobora Uganda, ariyamamaza ashaka kongera kuyobora, aho ahanganye n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Bobi Wine, uri mu bazaba bahatanye ku nshuro ya kabiri.




