• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uganda: Biravugwa ko Teta Sandra yagonze umugabo we Weasel ku bushake akamuvuna amaguru

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 7, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Uganda: Biravugwa ko Teta Sandra yagonze umugabo we Weasel ku bushake akamuvuna amaguru
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Amakuru aturuka muri Uganda ahamya ko Weasel usanzwe ari umugabo wa Teta Sandra ari mu bitaro bya Nsambya nyuma yo gukora impanuka yamuvunnye amaguru yombi, bikavugwa ko yagonzwe n’umugore we ku bushake.

Ikinyamakuru Bigeye gikorera muri Uganda, cyavuze ko iyi mpanuka yabereye i Munyonyo ku kabari kitwa ‘Shan’s Bar & Restaurant’ nyuma yo gushyamirana bikomeye.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Iki kinyamakuru kivuga ko nyuma yo gushyamirana, Teta Sandra yaje kwinjira mu modoka, Weasel asigara ayihagaze imbere ari na ko bakomeza guterana amagambo birangira uyu mugore ahisemo kwigongera umugabo ku bushake nkuko bivugwa.

Amakuru ahari avuga ko Weasel yajyanywe mu bitaro nyuma yo kuvunika amaguru yombi, mu gihe Teta Sandra nawe yagize ibikomere yakuye muri iyi mpanuka.

Ku rundi ruhande ariko, hari amakuru avuga ko Teta Sandra yaba yahise atabwa muri yombi nyuma yo kugonga ku bushake Weasel akavunika amaguru abiri.

Si ubwa mbere humvikanye intugunda mu muryango wa Teta Sandra na Weasel kuko mu myaka ishize bagiye bagirana ibibazo byatumaga banarwana kugeza ubwo mu 2022 uyu mugore yahukaniye mu Rwanda.

Icyakora muri Mata 2023 Teta Sandra yaje gusubira muri Uganda yiyunga n’umugabo we ndetse muri Gicurasi 2025 Weasel yari i Kigali aho yari yitabiriye igitaramo cya mukuru we Jose Chameleone ndetse icyo gihe yabwiye IGIHE ko ateganya gusura kwa Sebukwe.

Previous Post

Nyanza: Abantu 3 bafunzwe bakekwaho kwica umuntu bakamushyira mu mufuka

Next Post

Uganda: Polisi yafunze Umunyarwandakazi azira kugonga Umugabo we ku bushake akamuvuna amaguru

Next Post
Uganda: Polisi yafunze Umunyarwandakazi azira kugonga Umugabo we ku bushake akamuvuna amaguru

Uganda: Polisi yafunze Umunyarwandakazi azira kugonga Umugabo we ku bushake akamuvuna amaguru

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved