• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ubwitabire bw’abakeneye indangamuntu koranabuhanga bukomeje gutumbagira

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 27, 2025
in Amakuru
1
Ubwitabire bw’abakeneye indangamuntu koranabuhanga bukomeje gutumbagira
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu (NIDA) cyatangaje ko abantu basaga 3300 aribo bamaze gutanga imyirondoro kugira ngo bazahabwe Indangamuntu nshya ishingiye ku ikoranabuhanga.

Ubu buryo bushya bwo kwiyandikisha bwatangiriye mu bukangurambaga bwakorewe mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ryabereye i Gikondo (expo) ndetse no mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, aho hatanzwe amahirwe ku bifuza gukosora cyangwa kuvugurura imyirondoro yabo.

NIDA isobanura ko uyu mushinga ugamije kugera ku baturage bose ndetse ukazakorwamo n’abanyamahanga batuye mu Rwanda, impunzi, abimukira, abasaba ubuhungiro ndetse n’Abanyarwanda baba hanze y’igihugu.

Abifuza Indangamuntu nshya basabwa kuzana inyandiko z’ingenzi zirimo Indangamuntu basanganywe, nimero z’ababyeyi, nimero y’uwo bashakanye ku babifite, ndetse n’icyemezo cy’amavuko ku bana.

Nyuma yo gusuzuma ko ibisabwa byuzuye, buri muntu ahabwa nimero yihariye, bityo agateganyirizwa igihe cyo gufata ibimenyetso bye birimo ibikumwe 10, imboni n’ifoto.

Manago Dieudonné, ukuriye ishami rishinzwe ikorwa n’ikwirakwizwa ry’iyi ndangamuntu nshya muri NIDA, yavuze ko ikoranabuhanga rizifashishwa riri ku rwego rwo hejuru kandi rifite umutekano usesuye. Yongeyeho ko atari ngombwa kuzajya gutwara ikarita mu buryo busanzwe, kuko n’uwifuza ivugururwa (version) ifatika azayihabwa, ariko na none Indangamuntu izaboneka muri telefone ku buryo umuntu wayitakaje ashobora kongera kuyikurura (download) nta mbogamizi.

Indangamuntu y’ikoranabuhanga izatuma abaturage babona serivisi zitandukanye mu gihe gito cyane, ku buryo zimwe na zimwe zizajya ziboneka mu isaha imwe mu gihe byajyaga bifata amezi menshi.

Byitezwe kandi ko izafasha mu serivisi nyambukiranyamipaka ku buryo abantu bazajya babona serivisi mu bihugu bituranye n’u Rwanda nta ngorane.

Previous Post

Abakinnyi ba APR FC bahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Uganda

Next Post

Umuhanzikazi Taylor Swift n’umukunzi we batunguye abafana babo ku cyemezo gikomeye bafashe

Next Post
Umuhanzikazi Taylor Swift n’umukunzi we batunguye abafana babo ku cyemezo gikomeye bafashe

Umuhanzikazi Taylor Swift n'umukunzi we batunguye abafana babo ku cyemezo gikomeye bafashe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved