• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bubatse bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa kurusha ingaragu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 30, 2025
in Amakuru
0
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bubatse bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa kurusha ingaragu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubushakashatsi bwakozwe na Florida State University, ishami ryayo ry’ubuvuzi bwagaragaje ko abashingiranwe baba bafite ibyago byinshi byo kugira indwara yo kwibagirwa inzwi nka ‘Dementia’ kurusha abakiri ingaragu.

Nubwo mu busanzwe gushaka bizwiho kugira inyungu nyinshi nko kugabanya ibyago byo kugira indwara z’umutima, kumara imyaka myinshi n’ibindi, abashakashatsi bagaragaje ko bishobora no kongera ibyago byo kwibagirwa.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Dementia ni uruhurirane rw’indwara zibasira ubwonko, aho umuntu atakaza ubushobozi bwo gutekereza neza, kwibuka, akagira imyitwarire idasanzwe, gufata imyanzuro bigoranye no gukora imirimo itandukanye.

Bivuze ko utunyangingo tw’ubwonko twangirika, bigatuma ibice byarwo bidakorana neza.

Ishami rya Loni ryita ku buzima, OMS, rigaragaza ko abagera kuri miliyoni 57 bafite iyo ndwara bigateganywa ko mu 2030 abafite iyo ndwara bazaba bageze kuri miliyoni 78.

Aba bashakashatsi bo muri Florida State University bagaragaza ko hakwiriye kugenzurwa impamvu abantu batashatse abagore/abagabo baba bafite ibyago bike byo kurwara ‘dementia’.

Bati “Abatarashinga urugo bashobora kugira ibyago bike cyane byo kugira ‘dementia’ kurusha abashakanye. Ibyo twabonye bigaragaza ko gutahura iyo ndwara mu batarashaka bigorana.”

Bashingiye ku makuru yo mu myaka 18 y’abantu barenga ibihumbi 24 bafite impuzangengo y’imyaka 71 y’ubukure.

Baciwemo ibyiciro bine birimo abashakanye, abapfakazi, abatandukanye n’ingaragu.

Hagaragaye ko ingaragu zari zifite ibyago bike byo kugira icyo kibazo ku kigero cya 40% ugereranyije n’abashatse. Ni mu gihe abapfakazi bo bari bari ku kigero cya 27% abatandukanye bari ku kigero cya 34% cy’ibyago bike byo kugira iyo ndwara kurusha abashatse.

Nubwo hagaragajwe ko hari ibindi bishobora kugaragaza itandukaniro hagati y’abashatse n’abatarashaka, na none ingaragu zigaragara ko zifite ibyago bike byo kugira ‘‘dementia’ kurusha abashatse.

Abo bashakashatsi bagaragaza ko abantu batarashaka baba bavugana n’abantu benshi batandukanye, ibishobora gutuma batagira icyo kibazo mu gihe ibibazo by’ubuzima bikomeza kwibasira abagowe n’urushako.

Bati “Hari ibigaragaza ko nyuma yo gutandukana kw’abashakanye, ibyishimo byabo byiyongereye, imibereho irushaho kuba myiza nyuma yo gutandukana bakongera gusabana n’abandi. Abatarashakanye na bo ni uko kuko baba bashobora gusabana n’abandi bigatuma ubuzima bwabo buba bwiza kurusha bagenzi babo bashatse.”

Hejuru ya 60% by’abafite ‘dimentia’ babarizwa mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’ibifite ubukungu bugereranyije, bigateganywa ko ibyo bihugu mu 2050 bizaba bibarurwamo abarenga 71% bafite icyo kibazo.

Umutwaro mu by’ubukungu uterwa na ‘dimentia’ mu 2019 wanganaga na miliyari 1300$, bigateganywa ko ushobora kuzagera kuri miliyari 2800$ mu 2030.

Previous Post

Ukraine: Abasaza bafite imyaka 60 bagiye kwinjizwa mu gisirikare

Next Post

Kwamamaza inzoga n’ikizira! Kenya yafashe ingamba zikarishye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Next Post
Kwamamaza inzoga n’ikizira! Kenya yafashe ingamba zikarishye mu kurwanya  ibiyobyabwenge

Kwamamaza inzoga n'ikizira! Kenya yafashe ingamba zikarishye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved