• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Rwanda rwikuye muri CEEAC

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 8, 2025
in Amakuru
0
U Rwanda rwikuye muri CEEAC
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

U Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva mu muryango wa CEEAC nyuma y’aho ibihugu biwugize biwukoresheje nabi, bishaka kurukumira.

Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’inama yabereye i Malabo kuri uyu wa Gatandatu, aho byari biteganyijwe ko arirwo ruhabwa kuyobora uyu muryango ariko RDC ikabyitambika.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, rigaragaza impungenge ku buryo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ifatanyije n’ibindi bihugu bimwe na bimwe bigize Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC), yakoresheje nabi uwo muryango ku nyungu zayo bwite.

Rivuga ko byongeye kugaragara no mu Nama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC yabereye i Malabo, aho uburenganzira bw’u Rwanda bwo kuyobora uyu muryango ku buryo buhererekanywa, nk’uko biteganywa n’ingingo ya gatandatu y’amasezerano shingiro y’uyu muryango, bwirengagijwe ku bushake hagendewe ku byifuzo bya RDC.

Riti “U Rwanda rwari rwarabigaragaje mu ibaruwa igenewe Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ruyobora icyo gihe, rwamagana ukwirengagizwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko kwakozwe mu nama ya 22 yabereye i Kinshasa mu 2023, ubwo RDC yari iyoboye. Guceceka no kutagira igikorwa byakurikiyeho, bigaragaza ko uyu muryango wananiwe gukurikiza amategeko awugenga.”

Rikomeza rigira riti “U Rwanda rwamaganye uburyo uburenganzira bwarwo buteganywa n’amategeko shingiro ya CEEAC burimo bwirengagizwa. Bityo, nta mpamvu n’imwe rubona yo gukomeza kuba muri uyu muryango ugendera ku mikorere inyuranyije n’amahame awungenga n’inshingano.”

Muri Gashyantare 2023, u Rwanda rwahejwe nu nama ya 22 y’uyu muryango yabereye i Kinshasa, biturutse ku mabwiriza ya Perezida Tshisekedi wayoboraga uyu muryango.

Amakuru avuga ko ibibazo bishyamiranya impande zombi byakunze kugaragara mu nama za CEEAC, ndetse ku wa 4 Kamena 2025 hari habaye inama yo ku rwego rwa ba Minisitiri yari igamije kunga u Rwanda na RDC, ariko iki gihugu gitsimbarara ku mugambi wo kwitambika iby’uko u Rwanda rwahabwa ubuyobozi bwawo. U Rwanda rwari rwavuze ko nibikomeza gutyo rugomba kuva muri CEEAC.

CEEAC igizwe n’ibihugu birimo Angola, Congo, RDC, Cameroun, Gabon, Tchad, Guinée équatoriale, Centrafrique, u Rwanda, u Burundi na São Tomé-et-Príncipe.

Previous Post

Koreya y’Epfo iri kwishyura abaturage bayo ngo bakore ubukwe

Next Post

Colombia: Uwaruri kwiyamamariza kuba Perezida yarashwe mu mutwe

Next Post
Colombia: Uwaruri kwiyamamariza kuba Perezida yarashwe mu mutwe

Colombia: Uwaruri kwiyamamariza kuba Perezida yarashwe mu mutwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved