U Rwanda rwavuze ko rutazihanganira na rimwe ibirego byo kurushinja Jenoside, nyuma y’uko umwe mu bayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) avuze ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’umutwe wa M23 mu bikorwa byo kwica abaturage b’Abahutu mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Ibi byatangajwe ku wa Kabiri i Genève mu Busuwisi, ubwo Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu kari kateranye. Komiseri wa UN ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Volker Türk, yari yavuze ko hagati ya tariki 8–29 Nyakanga 2025, abarwanyi ba M23 bari kumwe n’abasivile n’abasirikare bikekwa ko ari abo mu Rwanda, bagabye ibitero muri Teritwari ya Rutshuru, bikagira ingaruka ku baturage b’Abahutu.
Minisitiri w’Uburenganzira bwa Muntu muri RDC, Samuel Mbemba Kabuya, yubakiye kuri ibyo birego, avuga ko ibyabaye ari Jenoside, asaba ko byitwa bityo ku mugaragaro.
Iyi mvugo yahise yamaganwa n’intumwa ihoraho y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i Genève, Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa Manzi. Yavuze ko ibyo birego ari ibinyoma bikomeye kandi ari igitutsi gikorerwa u Rwanda mu ruhame.
Amb. Bakuramutsa yagize ati: “Gushinja u Rwanda Jenoside ni umurongo utukura tutakwihanganirwa, cyane cyane mu gihe nta rwego mpuzamahanga na rumwe rwigeze ruvuga ko ibyo bikorwa ari Jenoside. Ntitwakwemera ko ibintu nk’ibi bivugirwa imbere y’inteko nk’iyi.”
Yakomeje avuga ko raporo zakunze gushingirwaho n’ababivuga zuzuye amakuru adafite ishingiro kuko abazitangiye batigeze banagera mu bice bavuga, ahubwo bagahera ku makuru atizewe.
U Rwanda rwibukije ko ahubwo ari ubutegetsi bwa RDC bwagiye bushinjwa gukorana n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bugakomeza kuryamira amajanja ku bikorwa byibasiye Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.




