U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kamena byasinyanye amasezerano y’amahoro, mu muhango wabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku rwa RDC yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Thérèse Wagner Kayikwamba.
Umuhango wo gusinya aya masezerano kandi wanitabiriwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio.
Mbere y’uko amasezerano asinywa, Rubio yashimye impande zagize uruhare ngo aya masezerano abe yasinywe, zirimo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta ya Qatar n’Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n’ubufatanye na Afurika, Massad Boulos.
Yavuze ko Amerika yahisemo kunga u Rwanda na RDC kuko Perezida Donald Trump ari “umuntu ushyira imbere amahoro”.
Nyuma y’uko amasezerano yari amaze gusinywa, Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yashimiye Perezida Donald Trump ku bw’uruhare rwihariye yagize mu kuyashyigikira.
Yavuze ko ariya masezerano y’amahoro ari “umusaruro w’amezi yaranzwe no gushyira hamwe imbaraga bigizwemo uruhare n’impande zitandukanye.”
Yakomeje agira ati: “Ni ingenzi cyane kuvuga ko Leta ya Qatar yagize uruhare rukomeye, cyane ko ibiganiro byagejeje ku masezerano y’uyu munsi byatangiriye i Doha.”
Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yagaragaje ko umutima w’ariya masezerano wubakiye ku mwanzuro wo gushyiraho urwego rw’ibijyanye n’umutekano ruhuriweho n’u Rwanda na RDC.
Yakomeje agira ati: “Icya mbere kizaherwaho ni ugushyira mu bikorwa gahunda yo gusenya FDLR, bigakurikirwa no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”
Yunzemo ati: “Binyuze muri aya masezerano, twiyemeje gufasha muri gahunda yo gucyura impunzi ziri mu bice bitandukanye by’ibihugu byacu, hamwe n’ubufasha bwa UNHCR (Ishami rya Loni rishinzwe gucyura impunzi). Gushyiraho uburyo butanga umutekano n’agaciro ku mpunzi zitaha ni ingenzi mu kugera ku mahoro arambye.”
Nduhungirehe kandi yateguje ko inzira iri imbere ishobora kutazoroha, bijyanye no kuba hari andi masezerano yagiye asinywa ariko bikarangira adashyizwe mu bikorwa.
Icyakora yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gukorana na RDC mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.
Minisitiri Kayikwamba wa RDC we yagaragaje ko ariya masezerano atari intsinzi ya dipolomasi gusa, ko ahubwo ari n’intsinzi kuri miliyoni z’abanye-Congo bamaze igihe barabuze amahoro n’umutekano.
Yunzemo ati: “Arerekana iherezo ryari ritegerejwe ryo kwigarurira [ubutaka bwa Congo] ritemewe ryahitanye abantu ibihumbi amagana kuva mu ntangiriro zuyu mwaka honyine.”
Kinshasa na yo yijeje ko izashyira mu bikorwa ariya masezerano, mu rwego rwo kubaka ejo heza h’abaturage bayo.




