• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Bwongereza: Umunyarwanda waruherutse gukatirwa imyaka 52 azira kwica abana batatu, yatwitse umucungagereza

U Bwongereza: Umunyarwanda waruherutse gukatirwa imyaka 52 azira kwica abana batatu, yatwitse umucungagereza

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 11, 2025
in Amakuru
0
U Bwongereza: Umunyarwanda waruherutse gukatirwa imyaka 52 azira kwica abana batatu, yatwitse umucungagereza
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umwongereza Axel Rudakubana w’imya 18 y’amavuko ari gukorwaho iperereza nyuma y’aho biketswe ko ari we watwikishije amazi ashyushye umucungagereza ukorera muri Gereza ya Belmarsh iherereye i Londres.

Rudakubana afungiwe muri iyi gereza kuva muri Mutarama 2025. Yakatiwe igifungo cy’imyaka 52 nyuma yo guhamywa icyaha cyo kwica abana batatu abateye icyuma muri Nyakanga 2024.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Ikinyamakuru Sky News cyatangaje ko ku wa 9 Gicurasi Rudakubana yatetse amazi akoresheje ‘Kettle’ mu gihe yari mu cyumba cye cya gereza, ayamena kuri uyu mucungagereza ayanyujije mu myanya inyuzwamo imiti y’imfungwa.

Uyu mucungagereza yahise ajyanwa ku bitaro kugira ngo avurwe ubushye buto yatewe n’aya mazi, gusa yaraye atashye ku munsi yahuriyeho n’iri sanganya. Biteganyijwe ko azasubira mu kazi mu cyumweru gitaha.

Umuvugizi wa Gereza ya Belmarsh yatangaje ko Polisi iri gukora iperereza kuri Rudakubana, ateguza ko uyu musore ashobora guhabwa igihano gikomeye.

Yagize ati “Polisi iri gukora iperereza ku gitero cyagabwe kuri ofisiye wa Gereza ya HMP Belmarsh ejo. Urugomo muri gereza ntabwo ruzihanganirwa kandi tuzahora dusabira ibihano bikomeye abagaba ibitero ku bofisiye bacu bakorana umwete.”

Rudakubana afungiwe mu gice cyihariye gifungirwamo abarwayi, kuko ubuzima bwe bwo mu mutwe bushidikanywaho. Iki kinyamakuru cyo mu Bwongereza cyatangaje ko bisa n’aho afungiwe mu kato.

Bebe King, Elsie Dot Stancombe na Alice da Silva Aguiar ni bo Rudakubana afungiwe kwica

Previous Post

Rubavu: Abaturage barasaba ko uwo bita umurozi bamwirukana mu Kagali bataramwica

Next Post

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe atewe icyuma mu mutwe

Next Post
Uganda: Umunyarwandakazi yishwe atewe icyuma mu mutwe

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe atewe icyuma mu mutwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved