• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Politics

U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 22, 2026
in Politics
0
U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Igihugu cy’u Burusiya cyatangaje ko cyiteguye gutanga umusanzu mu bikorwa bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igihe impande bireba zabyifuza.

Ibi byavuzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa Kabiri tariki ya 20 Mutarama.

Related posts

Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe

Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe

January 30, 2026
Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

January 27, 2026

Lavrov yavuze ko n’ubwo hari imbaraga ziri gushyirwa mu gushakira umuti w’intambara iri mu burasirazuba bwa RDC, bigoye kuvuga ko izarangira vuba bitewe n’uko ishingiye ku bibazo byimbitse bimaze igihe kirekire.

Uyu muyobozi yanagaragaje ko u Burusiya bufite umubano mwiza n’ibihugu birebwa n’iyi ntambara, cyane cyane RDC n’u Rwanda, bityo bukifuza kubona umwuka mubi uri hagati yabyo ugabanuka.

Yagize ati: “Turifuza ko umubano hagati y’ibihugu birebwa n’iyi ntambara wakongera kuba mwiza. Ariko ku bijyanye no kuvuga ko amahoro ari hafi, ntibyoroheye.”

Yongeyeho ko igihugu cye cyiteguye kugira uruhare mu biganiro by’amahoro nk’umuhuza, igihe byaba byifujwe n’impande zihanganye.

Kugeza ubu, intambara ihanganishije ingabo za Leta ya RDC n’umutwe wa AFC/M23 imaze imyaka igera kuri ine. Leta ya Congo ikomeje gushinja u Rwanda kuba rufite aho ruhuriye n’uyu mutwe, mu gihe u Rwanda rubihakana.

Lavrov yanavuze ko impamvu nyamukuru ituma intambara ikomeza ari uko hari ibibazo by’amateka bitarakemuka neza, ndetse no kuba umutwe wa M23 ufite ubushobozi bukomeye mu bya gisirikare.

Yasoje avuga ko amahoro arambye adashobora kugerwaho mu gihe ibibazo nyamukuru bitarashyirwa ku murongo binyuze mu biganiro bifite ireme.

Previous Post

Donald Trump yazinutswe abanye Congo nyuma y’uko bateje ibibazo mu gihugu ayoboye

Next Post

Umunyamakuru wigeze gukora kuri RBA nyuma yabaye umuyobozi w’indi Radio ikomeye hano mu Rwanda

Next Post
Umunyamakuru wigeze gukora kuri RBA nyuma yabaye umuyobozi w’indi Radio ikomeye hano mu Rwanda

Umunyamakuru wigeze gukora kuri RBA nyuma yabaye umuyobozi w'indi Radio ikomeye hano mu Rwanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved