• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Burundi nyuma yo gutsindwa bwafashe icyemezo gikomeye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 11, 2025
in Amakuru
0
U Burundi nyuma yo gutsindwa bwafashe icyemezo gikomeye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Nyuma y’uko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bigaruriye Umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bakahatsindira ingabo zirimo n’iz’u Burundi, iki gihugu cyahise gifata icyemezo cyo gufunga umupaka ubihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu mupaka ubu uri mu maboko y’AFC/M23, ari na yo iwucunga.

Iki cyemezo cy’u Burundi gifashwe mu gihe  bavuga ko gufunga uyu mupaka bigamije kwirinda ibindi bitero by’uyu mutwe. Gusa, glbishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage bo ku mpande zombi, kuko ari inzira y’ingenzi ibafasha mu mibereho ya buri munsi.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

AFC/M23 yinjiye ku mugaragaro muri Uvira mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano ikaze yari imaze icyumweru mu kibaya cya Ruzizi. Ahagana saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, abasirikare b’uyu mutwe batangiye kugaragara mu mujyi nyuma yo gutsimbura bamwe mu barwanyi ba Wazalendo bari bakirimo kwihagararaho.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano agaragaza ko ingabo za FARDC zari zimaze gusohoka muri Uvira, zerekeza mu bice bya Swima, Makobola na Baraka muri Teritwari ya Fizi, ubwo zabonaga ko urugamba rugiye kubarusha imbaraga.

Nyuma yo gufata umujyi, ubuyobozi bwa AFC/M23 bwahumurije abaturage bubasaba gukomeza imirimo yabo nta bwoba bafite, bubizeza umutekano n’uburinzi.

Mu mirwano yabereye muri ako gace, igisirikare cy’u Burundi cyakomeje kurasa ibisasu harimo n’ibyaraswagwa biva hakurya y’umupaka, byahitanye abaturage b’inzirakarengane ba Congo ndetse bituma abarenga 1 000 bahungira mu Rwanda.

Previous Post

Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma

Next Post

Abantu 15 bakurikiranweho kunyereza amafaranga y’ikigo cy’ubwishingizi cya gisirikare

Next Post
Abantu 15 bakurikiranweho kunyereza amafaranga y’ikigo cy’ubwishingizi cya gisirikare

Abantu 15 bakurikiranweho kunyereza amafaranga y'ikigo cy'ubwishingizi cya gisirikare

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved