• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Buhinde: Indege yari itwaye abarenga 240 yahiye irakongoka

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 12, 2025
in Amakuru
0
U Buhinde: Indege yari itwaye abarenga 240 yahiye irakongoka
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Indege ya sosiyete Air India yari itwaye abantu 242 kuri uyu wa 12 Kamena 2025 yakoze impanuka nyuma y’iminota mike ihagurutse ku kibuga mpuzamahanga cy’indege ya Ahmedabad mu Buhinde.

Abashinzwe ubugenzuzi bw’ingendo zo mu kirere kuri iki kibuga cy’indege basobanuye ko yahagurutse saa yine n’iminota icyenda, hashize umwanya umupilote asaba ubutabazi ariko ngo ntacyo yafashijwe kugeza habaye iyi mpanuka.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Amashusho yashyizwe hanze na televiziyo zo mu Buhinde agaragaza umwotsi mwinshi w’umukara uzamuka mu mudugudu iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner yaguyemo, nyuma y’umwanya muto ihagurutse.

Ubuyobozi bwa Air India bwasobanuye ko iyi ndege yerekezaga ku kibuga cy’indege cya Gatwick mu Bwongereza. Byamenyekanye ko mu barimo harimo Abahinde 169, Abongereza 53, Abanya-Portugal barindwi n’Umunya-Canada umwe.

Abashinzwe ubutabazi barimo abashinzwe kuzimya inkongi bamaze kugera ahabereye impanuka ndetse batangiye akazi. Imbangukiragutabara na zo ziri hafi aho.

Ntabwo haremezwa ababa bapfiriye muri iyi mpanuka cyangwa se abakomeretse. Air India yatangaje ko igikusanya amakuru, kandi ko iza kuyatanga mu mwanya uri imbere.

Air India yagize iti “Muri uyu mwanya, icyo turi kwibandaho ni ugufasha abantu bose impanuka yagizeho ingaruka n’imiryango yabo. Turi gukora uko dushoboye, dufasha amatsinda y’ubutabazi ari ahabereye impanuka. Andi makuru turayatanga nitumara kuyagenzura.”

Muri uyu mwanya, imirimo yose yo ku kibuga cy’indege cya Ahmedabad yahagaritswe by’agateganyo mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.

Previous Post

Umunyamakuru wa SK FM yibwe imodoka

Next Post

Muhanga: Gitifu na Mutekano batawe muri yombi

Next Post
Muhanga: Gitifu na Mutekano batawe muri yombi

Muhanga: Gitifu na Mutekano batawe muri yombi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved