• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

“Twebwe ntago turi nka bamwe batumira abantu kumunsi wabo bagatsindwa ibitego bitatu badateye mu izamu” Super Manager yavuzeko hari ikipe ikomeje kwica umupira w’amaguru

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 18, 2025
in IMYIDAGADURO
0
“Twebwe ntago turi nka bamwe batumira abantu kumunsi wabo bagatsindwa ibitego bitatu badateye mu izamu” Super Manager yavuzeko hari ikipe ikomeje kwica umupira w’amaguru
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Super manager  yavuze ko hari ikibazo cy’ikipe atashatse kuvuga mu mazina  ko ikomeje kwica umupira wo mu Rwanda avuga ko umupira ufitwe na APR gusa naho izindi kipe nta kirimo.

Gakumba Patrick wamenyekanye ku mazina ya Super Manager yavuzeko hari ikipe ikomeje kumubabariza umutima rwose mu buryo bwo kwica umupira wo mu Rwanda, Kuruhande rwe avuga ko APR ariyo iyoboye ku mupira w’amaguru naho izindi zibeshya beshya.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Ibi yabitangaje ubwo yari yagiye kureba umukino wa gicuti wari wahuje ikipe ya APR na Power Dynomos yo muri zambia  bikarangira uyu mukino APR itsinzemo ibitego 2-0.

Yakomeje avuga ko kuri we nk’umuvugizi w’abafana ba APR abona ko ibi ar’ibintu bikomeye cyane ndetse bikaba n’ubutumwa bukomeye buvuga ko iki ari igitonyanga munyanja ariko inyanja nya nyanja izagaragara igihe ikipe ya Pyramids izaba ijya hanze.

Akomeza avugako cyane cyane ikintu kiri mu mitwe y’abantu ari ukuzabona APR yigaranzuye Pyramids.

Yagize ati”twebwe ntago turi nka babantu batumira abantu kumunsi wabo bagatsindwa ibitego bitatu batigeze batera mu izamu”.

Mu magambo yakomeje avuga, yageneye ubutumwa abana b’abakobwa bose beza bakeneye gusa neza.

mu kiganiro uyu mugabo yagiranye n’itangazamakuru yari yanze kuvuga ikipe mu izina ariko byarangiye ayivuze ubwo yari agiye kugenera ubutumwa abo bakobwa.

Yagize ati”niba ufana ikipe yambara ubururu n’umweru (Rayon Sport) ugiye kujya wisiga amavuta ntagufate uzajya ujya mumuhanda abakubonye bagirengo urwaye ise, kubera agahinda k’uko ufana ikipe idatsinda, ikipe itagira ibikombe, nukuvuga nko iyo ufite agahinda ukora ibyaha, ku isi urababara no mu ijuru ntubone ijuru ubwo rero ntabundi buryo wakishima fana gitinyiro reka ikipe zituma wisiga amavuta ntagufate ugenda mumhanda bakajyirango uri kuvuvuka hoshye wagirango n’igitiri tiri cy’ikigori “.

Yabajijwe kucyo avuga kuri rutahizamu Djibril Ouatara watsinze ibitego 2 yavuze ko uyu mukinnyi ari rutahizamu uzi kugaragaza ko izamu azi icyo rivuze avuga ko we akamaro ke ari ukunyeganyeza inshundura.

manager yagarutse ku bakunzi ba APR avuga ko ibi bintu biteye isoni n’agahinda.

Yagize ati” nababwiye ko abakinnyi ntakintu tuzajya tubabaza kandi abakinnyi barimo baratwigaragariza rero ni muhaguruke twuzure stade, ndabasaba kwitabira mukagaragaza uruhare rwanyu nk’abafana ndizera ko bitazongera kandi ninabwo tuzongera gukina indi mikino abakinnyi bashyigikiwe kuburyo bushoboka rero  ntihazagire umwanya uboneka muri stade uticaweho”.

Mu gusoza yabajiwe ati”ese jangwani aramutse agarutse waba ugihari cyangwa wahita ugenda ?”.

Yasubije agira ati” ngewe navuze ko ntigeze narimwe mvuga ko natwaye umwanya wa Jangwan, umwanya we uracyahari icyo nakubwira nikimwe APR  ni nk’amatafari byanga bikunda iyo havuyemo itafari rimwe aba  agomba gusigara yuzuye, ubu aka kanya ndi umuvugizi kandi murabizi ko mbishoboye rero ngomba kuba mpari murabizi ko uyumunsi ndi umuvugizi wa Vision FC mfite n’amasezerano muri iyo kipe  ariko mu buryo bwa santima ndi umukunzi mukuru w’abafana b’APR ikindi dufitanye amateka”.

Gusa tugarutse inyuma gato nyuma yamakuru yakomeje avugwa ko Manager ari umuvugizi w’APR byemewe atariyo ahubwo nyuma y’ibyabaye uwitwa jangwan akimara gufungwa byabaye ngombwa ko Super Manager ahamagara abayobozi b’APR ababwira ko kuba ikipe yajya mu kibuga igakina ntamuvugizi cg uhagarariye abafana uhari byaba ari ikibazo abasaba ko mugihe jangwan ataraza yaba akora abafasha ashyushya abafana ndetse anabatera imbaraga bagashyigikira ikipe.

 niko kumwemerera ngo aze, nkuko nawe abivuga ntago ari umuvugizi w’APR byemewe  kuko afite ahandi yasinye amasezerano gusa afana APR bikomeye ari nabyo bituma agerageza kuziba icyuho cya jangwan mugihe adahari.

Ikindi wamenya kuri Super Manager nuko acuruza abakinnyi ndetse akaba ari n’umuhanzi  w’indirimbo.

Akaba yanagize n’ibyago yabuze umubyeyi we mbere y’uko umupira wa APR utangira gusa yahaserutse gitwari arahagera, ibi ntago ari ibintu burimuntu wese wabikora, tumusabire kwihangana, kugira umutima ukomeye tunihanganisha umuryango we.

Previous Post

Xavi Simons yahakaniye amakipe yamwifuzaga atangaza imwe muzo y’ihebeye yifuza kwerekezamo

Next Post

Donald Trump yiteguye gusaba Ukraine kurekura tumwe mu duce yafashe hakarebwa ko intambara yahagarara burundu

Next Post
Donald Trump yiteguye gusaba Ukraine kurekura tumwe mu duce yafashe hakarebwa ko intambara yahagarara burundu

Donald Trump yiteguye gusaba Ukraine kurekura tumwe mu duce yafashe hakarebwa ko intambara yahagarara burundu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved