• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Shyorongi: Umunyerondo urinda ku Kagali bamuciye mu rihumye bamwiba ibendera

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 27, 2025
in Amakuru
0
Shyorongi: Umunyerondo urinda ku Kagali bamuciye mu rihumye bamwiba ibendera
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Shyorongi mu Kagari ka Kijabagwe, abaturage baho batunguwe no kubona babyutse basanga ibendera ry’Akagari ryibwe.

Bamwe mu batuye muri ako Kagari bavuze ko kuba iri bendera ryibwe bishobora kuba byatewe n’uko Akagari kararirwa n’umunyerondo umwe gusa, bityo uwaryibye akamuca murihumye mu gihe yari asinziriye.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Abaganiriye n’itangazamakuru bagize bati: “Twebwe abaturage turarengana kuko iri darapo ryibwe inshuro ya kabiri. N’ubu, ucyekwa ko aryibye ni na we wari waracyekwagaho ubujura bwa mbere. Dusaba inzego z’umutekano kutuba hafi, kuko aho hantu hari mu rotoki no mu bisheke, bikwiye gucungirwa umutekano n’inzego zibishinzwe, si abanyerondo bonyine.”

Undi muturage yongeyeho ati: “Bidutera ubwoba cyane. Abantu bo muri Gitarama bakunda kwambuka bakaza inaha bakambura abaturage. Njye baranteze banyambura telefoni bansiga mu muferege, ntabarwa n’abamotari. Icyo dusaba inzego z’umutekano ni uko zadushakira umutekano kuko hano hari abahigi n’abanywa ibiyobyabwenge. Nibadukorere ubuvugizi iki kibazo gicyemuke. Dutanga amafaranga y’umutekano ariko ntidufite abanyerondo bahagije. Iyo umuntu ageze aho kwiba ibendera aciye murihumye inzego z’umutekano, bigaragaza ko ikibazo gikomeye gihari.”

Abaturage bavuga ko bafite impungenge nyinshi, basaba inzego z’umutekano kongera abacunga umutekano, aho bamwe barara ku Kagari abandi bakarara muri Santere ya Kijabagwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yabwiye itangazamakuru ko ucyekwaho kwiba ibendera ry’igihugu yamaze gufatwa, ariko ntiyigeze atangaza imyirondoro ye, avuga ko iperereza rikomeje. Yagize ati: “Kubufatanye n’abaturage, ibendera ryabonetse. Abaturarwanda barasabwa kubaha no kurinda ibirango by’igihugu, bakirinda kubyangiza.”

Itegeko rigena imikoreshereze y’ibendera ry’igihugu ryavuguruwe, hongerwamo ibihano ku bantu bakora ibyaha nkibyo Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nº42/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rihindura Itegeko Nº34/2008 ryo kuwa 08/08/2008 rigena imiterere, ibisobanuro, imikoreshereze n’iyubahirizwa ry’ibendera ry’igihugu, uhamwe n’icyo cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 ariko atarenze miliyoni imwe, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Previous Post

Kayonza: Umugabo yashatse umugore bakora ubukwe bageze murugo umugore aramwima bucya umwe yahukana

Next Post

Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

Next Post
Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk'abakozi mu myanya itandukanye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved