Umuhanzi Sean Kingston yakatiwe gufungwa imyaka itatu n’igice nyuma y’uko ajuriye asaba gufungirwa murugo iwe bikanga.
Umunyamerika ufite inkomoko muri Jamaica Kisean Anderson wamenyekanye ku izina rya Sean Kingston yakatiwe gufungwa imyaka itatu n’igice nyuma y’uko asabye kuba yagabanyirizwa ibihano agafungirwa iwe bikanga, byanzuwe ko agomba gufungwa iyo myaka.
Sean Kingston ubwo yafatwaga ntago yagiye wenyine kuko yajyanye na nyina Janice Turner bazira gushaka kwijandika mu buriganya bukorerwa kuri murandasi aho bariganyije amayero ibihumbi 738.
Bivugwa ko bashatse kurya aya mafatamga ubw bari batumije ibicurizwa bihenze cyane birimo amasaaha , ibikoresho bikozwe mumbaho, imodoka itabasha kuraswa ngo itoborwe n’amasasu nibindi.
Ayo mayeri bashatse gukora akaba ariyo uyu muhanzi Kingsto afunzwe azira.
Ubushinja cyaha buvuga ko kingston na nyina babikoze bitwaje izina ry’ubwamamare bafite babeshya abari babizanye ko bazishyura nuko igihe cyo kwishyura kigeze berakana inyemezabwishyu mpimbano zemeza ko bishyuye ibyo bari batumije.
Gusa hakozwe iperereza basanga kingston yagiye agirana biganiraho na nyina inshuro nyinshi kuri telephone bategura uko bazabigenza.
Mbere yo gukatirwa ibinyamakuru byo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika byatangaje ko kingston yari yasabye imbabazi avuga ko akuyemo isomo, gusa nyina we yari yaramaze gukatirwa imyaka itatu Muri nyakanga Uyu mwaka.
Sean Kingston na nyina bafashwe mu ntangiriro z’uyumwaka wa 2025.
Sean Kingston yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe nabatari bake kujyeza nanubu hari bamwe bakizumva nka Face drop,Fire Burning , Beautiful Girls arinayo yatumye yamamara cyane gusa yakoze nizindi nyinshi.
Gusa ikindi twakwibutsa nuko Kingston yakoranye indirimbo n’umuhanzi wahano mu Rwanda Tom Close aho iyi ndirimbo yasohotse kuwa 1 Mutarama 2015 yitwa Good Time Tonight, gusa ntago yigeze imenyekana kurwego ruhambaye nkuko byari byitezwe, iyi ndirimbo amashusho yayo yafatiwe i Hollywood muri Amerika nkuko Nyirayo Tom Close abivuga.




