• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rwamagana: Abagabo babiri bishe abazamu barashwe bashaka kunigisha Abapolisi amapingu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 11, 2025
in Amakuru
0
Rwamagana: Abajura bishe abazamu babiri barindaga aharangurizwa inzoga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abagabo babiri bari bakurikiranyweho kwica abazamu barindaga ububiko bw’inzoga mu Karere ka Rwamagana, barashwe ubwo bari basingiriye Abapolisi, bagashaka kubanigisha amapingu.

Aba bagabo barashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, ubwo barwanyaga inzego z’umutekano. Bari bagiye kwerekana bimwe mu bikoresho bibye n’ibyo bakoresheje bica abo bazamu.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Byabereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Muyumbu mu Kagali ka Nyarukombe mu Mudugudu wa Marembo.

Mu mpera za Nyakanga, abo bagabo bashinjwa ko aribo bagize uruhare mu kwica Mudaheranwa Venuste na Bizimana Mark, bombi bari abazamu b’ububiko bw’inzoga.

Bivugwa ko bagiye ku bubiko bw’aho Mudaheranwa na Bizimana bacungaga umutekano, bakabica bakoresheje imigozi n’ibyuma, barangiza bagatwara bimwe mu bikoresho byari biri muri ubwo bubiko.

Ubwo bwicanyi bwabereye mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Muyumbu, Akagali ka Nyarukombe mu Mudugudu wa Marembo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasurazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yahamihe ko abo bakekwagaho ubwicanyi, barashwe bari kurwanya inzego z’umutekano.

Ati “Abo bagabo bombi byagaragaye ko bagize uruhare mu bwicanyi ndetse n’ubujura buheruka gukorerwa ku Muyumbu. Ubwo bari bagiye kugaragaza aho bahishe amakaziye 300 y’ibinyobwa bya Bralirwa n’imashini ya EBM bajyanye, barashwe bashaka kunigisha amapingu Abapolisi bari babarinze.”

Previous Post

Mr Eazi yakoze ubukwe mu ibanga

Next Post

Alex Muyoboke yapfushije Umubyeyi

Next Post
Alex Muyoboke yapfushije Umubyeyi

Alex Muyoboke yapfushije Umubyeyi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved