• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rutsiro: Umusaza w’imyaka 70 yiyahuye

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 14, 2025
in Amakuru
0
Rutsiro: Umugabo yagwiriwe n’ibuye ahita apfa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Namigure w’imyaka 70 wari ucumbitse mu Mudugudu Tara, Akagari ka Gihira, Umurenge wa Ruhango, Akarere ka Rutsiro, yaguye ku Kigo Nderabuzima cya Butega nyuma yo gusangwa aryamye mu buriri yanyoye umuti wica udukoko myaka uzwi nka Tiyoda abandi bazi nka Kiyoda.

Abaturanyi b’uwo musaza bavuga ko yari acumbitse kuko yagezs mu Mudugudu yiyahuriyemo mu mpera z’icyumweru gishize avuye mu Murenge wa Mukura, Akarere ka Rutsiro.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Bivugwa ko yimutse ahunga umugore we kubera amakimbirane bari bafitanye.

Umwe mu baturanyi yagize ati: “Ayo makimbirane yari yanatumye uwo mugore we amufungisha, afunguwe yanga gukomeza kubana na we ngo hatazagira uwica undi aza gupagasa muri uyu Murenge yari ahamaze umwaka urenga.”

Avuga ko uwari umucumbikiye yajyaga ataha akamusuhuza, akamubaza uko yiriwe.

Atashye uko bisanzwe, yagiye kumureba kuko yibanaga mu nzu, agiye kumubaza uko yiriwe nk’uko bisanzwe asanga aryamye ku buriri asanzwe araraho, icyumba cyose cyuzuye umunuko w’uwo muti wica udukoko mu myaka.

Ati: “Yatubwiye ko yasanze uwo musaza agaramye ku buriri bwe arembye cyane, umuti wa Tiyoda umuhumuraho n’icyumba cyose iyo mpumuro ikirimo.

Yahise atabaza turaza dusanga agiye gupfa, tumwihutana ku Kigo Nderabuzima cya Bitenga, ahageze igihe batumijeho imbangukiragutabara ije kumujyana ku Bitaro bya Murunda isanga amaze gushiramo umwuka.”

Umukozi w’Umurenge wa Ruhango ushinzwe imari n’ubutegetsi, Bembereza Issa, yemeje aya makuru asaba abaturage kwirinda kwiyambura ubuzima ku mpamvu iyo ari yo yose.

Ati: “Byabaye, yiyahuje umuti wa Tiyoda. Turasaba abaturage kwirinda amakimbirane yo mu miryango kuko nk’uyu ni yo abaye intandaro yo kwiyambura ubuzima.”

Yanabasabye kwitabira gahunda ya ‘Mvura Nkuvure’ ikomeje gutanga umusaruro ushimishije mu gukemura ibibazo bitandukanye, cyane cyane iby’amakimbirane yo mu miryango.

Ati: “Aho kugera ubwo umuntu afata icyemezo kigayitse cyo kwiyambura ubuzima, igihe afite ibibazo yakwegera abamufasha kubikemura kuko baba bahari, haba muri iyo gahunda ya Mvura Nkuvure, haba mu Nteko z’abaturage n’ubundi buryo bwashyizweho n’ubuyobozi bwo gukemura ibibazo by’abaturage.”

Previous Post

Inkuru ibabaje! Muhammed Buhari wabaye Perezida wa Nigeria yitabye Imana

Next Post

Uganda: Abanyarwanda bane bafunzwe bakekwaho kwica umuntu

Next Post
Uganda: Abanyarwanda bane bafunzwe bakekwaho kwica umuntu

Uganda: Abanyarwanda bane bafunzwe bakekwaho kwica umuntu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved