Mu masaha agana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31 Ukwakira 2025, ni bwo Uzayisenga Béatrice, w’imyaka 64, yavaga mu rugo ajya guhaha ku isoko riri mu Murenge wa Gihundwe, Akagari ka Burunga, agiye kugura ibijumba inzu igahita imugwa hejuru
Nk’uko ababonye ibyabaye babivuga, yavuye murugo agiye kugura ibijumba nyuma yo kubigura atashye yibuka ko ataguze amakara maze ajya kuyagura.
Nyuma yo kuyishyura ategereza ko bamugarurira mugihe agihagaze ategereje inzu iba imwikubise hejuru arakomereka bikomeye
Umwe mu baturage babibonye yagize ati:
“Umukecuru yari aguze amakara, akiyagura bagiye kumugarurira, inzu irasenyuka imugwaho Yagize ibikomere bikomeye, kandi nta mvura cg umuyaga wari uhari. Numva leta ikwiye kudufasha ikareba icyo ikorera ahantu nk’aho kuko bishobora gukomeza guteza ibyago.”
Abaturage bavuga ko nyuma yo kumugwaho, bahise batabara bamujyana ku Kigo Nderabuzima cya Gihundwe kugira ngo ahabwe ubufasha bwihuse.
Basaba ko iyo nzu yaguye isenywa burundu hagakorwa indi nshya itekanye, kuko ngo yari ishaje cyane kandi iri hafi y’ahubakwa umuhanda mushya.
Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Iyakaremye Jean Pierre, yemeje iby’ayo makuru, avuga ko uwo mukecuru yahise ajyanwa kwa muganga, anemeza ko inzu yamugwiriye yari ishaje cyane.
Yagize ati:
“Inzu yagwiriye Uzayisenga Béatrice yari ishaje, kandi aho iherereye harimo gukorwa umuhanda. Birashoboka ko ibikorwa byo gusiza umuhanda bawutsindagira byayihungabanyije. Turasaba abaturage kwirinda kwegera ahantu nk’aho kugira ngo badashyira ubuzima bwabo mu kaga. Turateganya no gusaba abandi bacururiza hafi aho muriyo miryango kwimuka.”




