Mu ijoro ryo ku wa 26 Ukuboza 2025, mu murenge wa Muganza ho mu Karere ka Rusizi, ubwo umugabo yashakaga umugore mushya akajya gutera akabariro akumva umugore ataryoshye agahita abimubwira umugore yagerageje kwiyahura ntibyamuhira.
Amakuru aturuka mu mudugudu wa Nyabishunju avuga ko uyu mugore yari amaze iminsi mike ashinze urugo, ubwo yagiranaga n’umugabo we impaka zamugejeje ku guhungabana bikomeye.
Izo mpaka zishingiye ku mvugo umugabo yakoresheje amugeranya n’undi mugore wahoze mu buzima bwe, aho uyu mugabo yagiye gutera akabariro akumva uyu mugore ntago aryoshye nkuwo yahoranye agahita abimubwira nuko amwereka n’amafoto y’uwo bahoranye, ibintu byamubereye igikomere gikomeye ku mutima.
Nyuma y’izo mpaka, uyu mugore yahise asohoka mu nzu nijoro, gerageza kwiyambura ubuzima akoresheje igitenge ashaka kwimanika mu giti cya voka.
Gusa, abanyerondo bari mu nshingano zo kurinda umutekano w’aho hantu babimenye kare, batabara mbere y’uko yiyahura
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahageze butangiza ibiganiro bigamije kumenya icyateye ibi bibazo.
Nyuma y’isuzuma, byagaragaye ko umubano w’aba bombi wari umaze kwangirika ku buryo gukomeza kubana bitashobokaga. Hafashwe umwanzuro wo kubatandukanya, hagamijwe kurinda ubuzima n’umutekano wa buri wese.
Uyu mugore yahise asubizwa iwabo, aherekezwa n’abantu bashinzwe umutekano, mu gihe hakomeje ibiganiro byo gukemura ibibazo byari byaranze uru rugo mu gihe gito rwari rumaze rushinzwe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muganza bwagaragaje ko amakimbirane ashingiye ku kubura icyubahiro n’itumanaho ribi mu ngo ashobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu, busaba abaturage kwitondera cyane ibyemezo byo gushinga ingo no kubana bubaha amategeko n’indangagaciro z’ubumwe.
Amakuru yemeza ko uru rugo rwari rumaze igihe gito rushinzwe, buri ruhande rufite amateka y’imiryango yabanjirije uru rushako, ibintu byagize uruhare mu kutumvikana kwabo.
Aba bombi bari bamaze ukwezi bashinze urugo nyuma y’uko umugore uyu mugabo yahoranye banafitanye abana 8 ari nawe yavugaga ko aryoshye kuruta uyu wa kabiri nawe ngo yatwawe n’undi mugabo akamujyana mu mujyi wa Kigali akaba ari bwo ashakana n’uyu Itangishaka bivugwa ko nawe yari afite abana batatu iwabo muri Gitambi aho yahise yisubirira.




