• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rusizi: Umugabo yakubiswe n’inkuba aryamanye n’umugore we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 11, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n’inkuba ahita apfa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugabo yapfuye nyuma yo gukubitwa n’inkuba aryamanye n’umugore we, ibi byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa mbere tariki ya 11 Kanama 2025.

Byabereye mu mugudu wa Kabayego, kagari ka Karangiro, umurenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi. Uwakubiswe n’inkuba yitwa Nzeyimana Jean Damascene ari mu kigero cy’imyaka 29 y’amavuko.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakarenzo, Dushimimana Jean Baptiste yavuze ko ibyo byago byabaye mu ijoro hagwa imvura nyinshi irimo n’umuyaga.

Uwakubiswe n’inkuba yajyanywe kwa Muganga agerayo yashizemo umwuka.

Ati “Twaraye tugize ibyago umuturage witwa Nzeyimana Jean Damascene yakubiswe n’inkuba saa saba z’ijoro ubwo hagwaga imvura nyinshi.”

Dushimimana avuga ko umuryango wa nyakwigendera nta mikoro ufite agamba gufashwa.

Uyu muyobozi yasabye abatuye umurenge wa Nyakarenzo kubahiriza amababwiriza atangwa n’ubuyobozi yo kugabanya ibyago byo kwibasirwa n’inkuba.

Ati “Ubutumwa tugenera abaturage b’umurenge wa Nyakarenzo ni uko twese tugomba gukurikiza amabwiriza ya MINEMA yo kwirinda no gukumira ibyago byatuma inkuba zitwibasira, birimo kutavugira kuri telefoni imvura iri kugwa no gucomora ibyuma bicometse ku muriro.”

Umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe ku kigo nderabuzima cya Nyakarenzo, inzego zirimo urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) zatanze uburenganzira umuryango wa nyakwigendera wahise uhabwa umurambo ngo hategurwe uburyo bwo kuwushyingura.

Andi makuru avuga ko mu karere ka Musanze, umugore witwa Mushakimana Debora w’imyaka 25, na we yakubiswe n’inkuba iramwica ubwo yonsaga umwana yicaye iwe mu ruganiriro.

Byabereye mu Mudugudu wa Kanyabirayi, Akagari ka Cyabagarura, Umurenge wa Musanze, mu Karere ka Musanze ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 9 Kanama, 2025 mu mvura yaguye muri ako gace.

Previous Post

Alex Muyoboke yapfushije Umubyeyi

Next Post

Kigali: Polisi yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 wacuruzaga urumogi

Next Post
Kigali: Polisi yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 wacuruzaga urumogi

Kigali: Polisi yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 wacuruzaga urumogi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved