Mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, mu karere ka Rusizi haravugwa umwuka mubi hagati y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari na SEDO (ushinzwe Imibereho Myiza n’Iterambere ry’Abaturage), aho amakuru avuga ko byari kuvamo kurwana.
ku mugoroba wa saa kumi, Gitifu w’Akagari ka Burunga, Munyemana Jean Claude, yageze mu biro asanga SEDO akora raporo maze amubwira nabi. Umwe mu bakozi bo muri ako kagari yavuze ko byageze aho Gitifu avuga ko ashaka kumukubita, ariko umuyobozi w’umudugudu wari uhari akajya hagati maze ibintu bikarangira.
N’ubwo amakuru y’uko bafatanye mu mashati yacitse, Munyemana Jean Claude ahakana ko habayeho gukubita cyangwa gutukana. Ati:“Ibyo ntabwo bishoboka. Indangagaciro z’umuyobozi ntizibemerera kugira imyitwarire nk’iyo. Niba habayeho kutumvikana, ntabwo byigeze bigera ku kurwana.”
Na Solange Narabamenye, ushinzwe imibereho myiza n’terambere ry’abaturage (SEDO) yirinze gutanga amakuru arambuye ariko ntiyahakanye ko hari ukutumvikana kwabaye. Yagize ati:“Gitifu w’Umurenge ari gukurikirana iki kibazo. Reka ntegereze, nzatanga ibisobanuro birambuye igihe bikwiye.”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye, yavuze ko ubuyobozi bwari busanzwe bumenyereye ko aba bayobozi bombi badafitanye imikoranire myiza. Yavuze ko icyo kibazo cyakemuwe mu nama aho bombi baganirijwe, bakumvikana gukorana neza, ndetse ubuyobozi bw’Umurenge bukemeza ko nta mpamvu yo kubatandukanya.
Ati:“Twumvise amakuru aturuka kuri SEDO avuga ko Gitifu yamukubise, ariko nyuma yo kubaganiriza, bafashe umwanzuro wo gukorana mu bwumvikane no gushyira hamwe. Ubu nta mpamvu yo kubatandukanya kuko ari abayobozi bakuru bagomba gukorana neza.”
Inkuru igaragaza ko n’ubwo hari ukutumvikana hagati y’aba bayobozi, ubuyobozi bw’Umurenge bwabashishikarije kubana neza mu kazi no kubahiriza indangagaciro z’umwuga.
IVOMO:RADIOTV10




