Mu Karere ka Rulindo, mu Murenge wa Kisaro, Akagari ka Murama, haravugwa inkuru y’incamugongo aho umugabo wimyaka 52 yishe umugore we nawe agahita yiyahura.
Amakuru yatangiye kumenyekana mu masaha ya kare ubwo umukozi wari usanzwe ukora aho ataha yazaga mu kazi, agakomanga akabura umukingurira Nyuma akigira inama yo gukomangira abana bari baryamye mu nzu zo hanze, bafunguye basanga umugore yapfuye afite ibikomere naho umugabo kuruhande rwe harimo agacupa karimo imiti isa nkaho yica
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kisaro bwemeje iby’aya makuru, buvuga ko abo bashakanye bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutungo, cyane cyane ku kibazo cy’ubutaka umugabo yashakaga kugurisha, ariko umugore akabigira impungenge akabyanga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kisaro, Uwamahoro Thélesphore, yatangaje ko iki kibazo cyari cyarigeze kugezwa ku buyobozi mu minsi yashize, aho bari barahagazeho bagaganiriza aba bombi kugira ngo babone uko bakemura amakimbirane yabo mu nzira y’amahoro.
Yagize ati: “Twari twamenye ko hagati yabo hari umwiryane ujyanye n’ikibazo cy’ubutaka, ni yo mpamvu twari twarabegereye kugira ngo tubafashe kubyumvikanaho. Twifatanyije n’umuryango mu kababaro bahuye nako, tunasaba abaturage bose kwirinda amakimbirane mu muryango no kujya bagana inzego bireba hakiri kare igihe havutse ikibazo.”
Imirambo yahise ijyanwa ku bitaro bya Byumba kugira ngo ikorerwe isuzumwa, mbere y’uko hakurikiraho ishyingurwa hakurikijwe amategeko.
Abitabye Imana basize abana batandatu, barimo umuto ufite imyaka 18, naho abaturage baturanye na bo bakomeje kugaragaza ko iki ari igihombo gikomeye ku muryango n’abari babazi.
Ubuyobozi bwongeye kwibutsa ko abagize urugo bose banganya uburenganzira ku mutungo, bityo ko ibiganiro, ubwumvikane n’ubujyanama ari byo byubaka umuryango uhamye.




