• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rulindo: Nyuma yo kuburirwa irengero yasanzwe mu ishyamba yapfuye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 23, 2025
in Amakuru
0
Rulindo: Nyuma yo kuburirwa irengero yasanzwe mu ishyamba yapfuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu karere ka Rulindo, umurenge wa Cyinzuzi, haravugwa urupfu rwa Kagina Ndagijimana, wapfuye mu buryo butaramenyekana nyuma yo kuburirwa irengero mu ijoro ryo kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko nyakwigendera yavuye iwe ajya kunywera mu isantere, iri mu mudugudu wa Gatagara, aho bivugwa ko muri iryo joro habayeho gushyamirana hagati y’abantu banyuranye.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Umugore we n’abana batatu ngo bari bategereje ko ataha, ariko baramubura, bituma batangira kumushakisha.

Umuturanyi umwe yagize ati:

“Ku wa Gatandatu nibwo umugore we yaje kundeba ambaza niba nabonye Kagina, ndamubwira nti ‘ntawe nabonye’. Bukeye twumvise inkuru ko umurambo wabonetse mu ishyamba rya Marembo. Twahise tujya kureba dusanga koko ni we.”

Uwitwa Ndagijimana ngo yabonetse mu ishyamba, mu gihuru, yubitse inda. Ababonye umurambo we bavuga ko utagaragazaga ibimenyetso byo kunyagirwa, kandi imvura yari imaze iminsi ine igwa.

Bamwe mu bo mu muryango we basaba inzego z’umutekano n’ubutabera gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

“Yagiye afite telefoni ye, ntayo twongeye kubona. Nta n’ibimenyetso bigaragara ko yagize aho anyura mu mazi kandi imvura yari nyinshi. Turasaba ko ubutabera bukorwa,” umwe mu bagize umuryango we niko yavuze

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Ngirabakunzi, yemeje aya makuru avuga ko hari abantu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu gushyamirana kwabaye mbere y’urupfu rw’uyu mugabo.

Yagize ati: “Inzego zibishinzwe zagiyeyo, zikora iperereza ry’ibanze.

Hari abakekwaho kugira uruhare muri ubwo bushyamirane bafashwe. Umurambo wajyanywe ku kigo cy’ubugenzacyaha kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu. Turakangurira abaturage kwirinda ibikorwa byose bishobora gushyira abandi mu kaga,”

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko urugomo rumaze gufata indi ntera, bagasaba inzego z’umutekano kongera imbaraga mu gukumira ibi bikorwa bibangamira ituze ryabo.

Previous Post

Burera: Abaturage bakubise umusore baramwica

Next Post

Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe

Next Post
Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe

Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved