Mu karere ka Ruhango, mu murenge wa Mbuye, haravugwa urugomo rudasanzwe aho abantu bataramenyekana bateye mu murima w’umuturage maze batema ibiti by’ikawa bisaga 350.
Izi kawa ni iza Twagirimana Léonard, uvuga ko aherutse kugura uyu murima urimo ikawa ku mafaranga y’amanyarwanda miliyoni ebyiri (2,000,000 Frw).
Twagirimana avuga ko yaguze uyu murima n’uwari nyirawo mbere, avuga mo hari umusore wo muri uwo murenge wamwegereye amubwira ko afite ikawa yifuza kumugurisha, akamusaba ko baziguranamo moto.
Ati:“Uwo musore yarambwiye ngo afite ikawa, nanjye ndamubwira nti ‘reka nkwemerere moto nshya, nawe umpere izo kawa’. Twajyanye mu nzego za Leta baradusinyira, muha moto nshya ifite agaciro ka miliyoni ebyiri.”
Ariko ngo nyuma y’igihe gito uwo musore yatangiye kugaragaza imyitwarire mibi.
Twagirimana akomeza agira ati:
“Umusaza uvomereraga ikawa ni we wampamagaye ambwira ngo ‘ngwino urebe ibyabaye’. Nagezeyo nsanga abaturage benshi bahari, nsanga za kawa zose bazitemye. Tujya kureba nyina w’umusore ambwira ko umuhungu we yagiye kare, kugeza ubu atari yagaruka.”
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mbuye bavuga ko ibyo uwo mungu utari wamenyekana yakoze ari amahano akomeye.
Umwe muri bo yagize ati:
“Kuba umuntu yatema ikawa z’umuturage birababaje cyane. Iyo aza guhura na nyirazo ntiyari kumurebera izuba. Ibi agomba kubihanirwa kugira ngo bibere abandi isomo.”
Undi muturage we yongeyeho ati:
“Izi kawa zari zifite agaciro kanini. Uwashyizemo amafaranga angana kuriya, kubona byose bitikiye ni ibintu bibabaje.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye yemeje iby’aya makuru, avuga ko ukekwaho gutema izo kawa ari gushakishwa n’inzego z’umutekano.
Mu butumwa bwe yagize ati:
“Nibyo koko ibyabaye birazwi, kandi turimo gushakisha ukekwaho kubikora kugira ngo agezwe imbere y’ubutabera.”




