• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ruhango: Umugabo yasanzwe yapfuye nyuma yo gusangira n’inshuti ze mu kabari

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 30, 2025
in Amakuru
0
Ruhango: Umugabo yasanzwe yapfuye nyuma yo gusangira n’inshuti ze mu kabari
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Mbuye, haravugwa urupfu rwa Nsabimana Théobald, w’imyaka 48 y’amavuko, bikekwa ko yishwe n’abantu bari basangiye inzoga na we.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Karusizi, Akagari ka Mwendo, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, ahagana saa saba z’ijoro (01h00 a.m), ubwo umwe mu bari bari kumwe na nyakwigendera mu kabari yagiye gukangura abaturage ababwira ko mugenzi we yapfuye.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye, Muhire Philbert, yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko bakimara kumenya ayo makuru bahise batangira gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo hamenyekane icyabaye.

Yagize ati: “Umwe muri abo bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Nsabimana ni we wabyukije abaturage ababwira ko mugenzi we yapfuye.”

Muhire yakomeje avuga ko kugeza ubu abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare muri uru rupfu bafashwe, kandi iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.

Yongeyeho ati: “Ku mubiri wa nyakwigendera nta gikomere cyabonetse, bityo bikekwa ko abamwishe bashobora kuba bakoze ku buryo ibimenyetso bitagaragara neza. Ariko byose bizasobanurwa n’iperereza ririmo gukorwa.”

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rugera aho ibyabereye kugira ngo rutangire iperereza ryimbitse, mu gihe abo bakekwaho iki cyaha bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi yo mu Murenge wa Mbuye.

Nsabimana Théobald asize umugore n’abana batatu.

Previous Post

RDC: Umusirikarekazi wari mu mazi abira kubera kwifotoza ari gusomana yambaye impuzankano za gisirikare yakatiwe

Next Post

Avocat uregwa gusambanya umwana wimyaka 15 urubanza rwe rwafatiwe umwanzuro

Next Post
Avocat uregwa gusambanya umwana wimyaka 15 urubanza rwe rwafatiwe umwanzuro

Avocat uregwa gusambanya umwana wimyaka 15 urubanza rwe rwafatiwe umwanzuro

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved