• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ruhango: Perezida w’Urugaga rw’Abikorera yitabye Imana

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 20, 2025
in Amakuru
0
Ruhango: Perezida w’Urugaga rw’Abikorera yitabye Imana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Ruhango, Twagiramutara Khalifan, yaguye Nairobi muri Kenya aho yari yaragiye kwivuriza.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango, Rutagengwa Gasasira Jérôme, yatangarije itangazamakuru ko inkuru y’urupfu rwa Khalifan bayimenye mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, tariki ya 20 Mata 2025.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Rutagengwa avuga ko urupfu rw’uyu mugabo rwabashenguye, ahereye ku murava, ubwitange n’ubunyangamugayo yagaragaje mu nshingano yari ashinzwe.

Ati: “Tubuze umuntu w’ingirakamaro wakundaga Igihugu akagikorera.”

Yavuze ko Twagiramutara yabanje kwivuriza mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe nyuma yoherezwa i Nairobi ari na ho yaguye.

Rutagengwa yavuze ko Akarere ka Ruhango, Muhanga, Kamonyi ndetse n’igihugu muri rusange, bahuye n’igihombo gikomeye.

Ati: “Ubu yari umuyobozi mukuru w’umushinga wo kubaka hoteli ihuza utu turere 3, kandi yari amaze kugera kure mu kuwushyira mu bikorwa.”

Rutagengwa yavuze ko ashyingurwa i Nairobi, asaba abo asize kwihangana no gukomeza umurage asize, bakuzuza ikivi cye kandi bagasigasira ibikorwa yubatse

Bamwe mu muryango we bavuga ko mbere yo kwitaba Imana yababwiye ko bagomba kumushyingura aho yaguye.

Khalfan Twagiramutara asize umuryango mugari w’abantu 47 barimo abana be n’abavandimwe, kuko ari we wari ubakuriye, nk’uko babivuga.

Abazi nyakwigendera bavuga ko yari umunyakuri watinyukaga kubwira uwo bakorana amakosa amubonaho, ariko agamije kumukosora kugira ngo akazi karusheho kugenda neza.

Previous Post

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila ryahagaritswe gukorera ku butaka bwa Congo rishinjwa gushyigikira u Rwanda n’umutwe wa M23

Next Post

Amerika: Umusore wiyitaga Imana yarashwe na Polisi ashaka kwica abantu

Next Post
Amerika: Umusore wiyitaga Imana yarashwe na Polisi ashaka kwica abantu

Amerika: Umusore wiyitaga Imana yarashwe na Polisi ashaka kwica abantu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved