• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rubavu: Umukobwa w’imyaka 18 yabyaye umwana amujugunya mu bwiherero bw’umuturanyi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
October 31, 2025
in Amakuru
0
Rubavu: Umukobwa w’imyaka 18 yabyaye umwana amujugunya mu bwiherero bw’umuturanyi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Kanzenze yatawe muri yombi akekwaho kubyara uruhinja akaruta mu bwiherero bw’umuturanyi.

Uru ruhinja rwabonywe n’umuturanyi wari ugiye mu bwiherero ku wa 29 Ukwakira 2025, abimenyesha ubuyobozi.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique yavuze ko uyu muturanyi yagiye kwiherera ahasanga amaraso, niko kumenyesha ubuyobozi.

Ati “Yagiye mu bwiherero abona amaraso, arebye mu bwiherero abonamo uruhinja, atabaza ubuyobozi busanga harimo uruhinja rwari rugejeje igihe cyo kuvuka rwapfuye, bahise bakeka umukobwa wo mu rugo wakekwaga ko atwite abajijwe arabihakana, agejejwe ku kigo nderabuzima bemeza ko ariwe wamubyaye akamujugunya.”

Yibukije abakobwa batwita inda zitateganyijwe, ko kubyara ari kimwe, no kwica kikaba ikindi kandi gifite ingaruka nyinshi, kandi ko Leta yashyizeho uburyo bwo gufasha uwatewe inda utifuza kubyara, ku buryo uyitwaye afite ipfunwe afashwa igakurwamo, kuko ubifatiwwemo ingaruka zisigara no ku muryango we.

Umurambo w’uruhinja wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Kuri ubu uyu mukobwa afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanama.

Mu mwaka wa 2025/26 mu Karere ka Rubavu hamaze kubarurwa abangavu 136 basambanyijwe ndetse bagaterwa inda zitifuzwa, ikibazo ubuyobozi buvuga ko kiburaje inshinga.

Previous Post

Kenya: Urukiko rwategetse ko umugore uzajya waka gatanya azajya asubiza inkwano umugabo

Next Post

Rusizi: Umukobwa w’imyaka 18 wakoraga akazi ko murugo yasahuye nyirabuja

Next Post
Rusizi: Umukobwa w’imyaka 18 wakoraga akazi ko murugo yasahuye nyirabuja

Rusizi: Umukobwa w'imyaka 18 wakoraga akazi ko murugo yasahuye nyirabuja

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved